Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwongeye gusubika urubanza ruregwamo DJ Toxxyk, wari waje kuburanishwa ku bijyanye n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Ku wa 07 Mutarama 2026, DJ Toxxyk yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge akurikiranyweho ibyaha bine birimo gutwara yasinze, kwica bidaturutse ku bushake, gukoresha ibiyobyabwenge ndetse no gutwara ikinyabiziga atabifitiye uruhushya.
Ahagana saa tatu n’iminota 51, Urukiko rwahamagaye DJ Toxxyk rumubaza imyirondoro ye, hanyuma rumenyesha ibyaha aregwa. Gusa yahise abwira Urukiko ko atari yiteguye kuburana, agaragaza ko atarabona dosiye ye neza.
Abanyamategeko babiri bamwunganira bashimangiye ko bo babonye dosiye ku wa 06 Mutarama 2026, ariko basaba Urukiko ko urubanza rusubikwa kugira ngo babone umwanya uhagije wo kwitegura. Basobanuye ko DJ Toxxyk atigeze amenyeshwa dosiye n’Ubushinjacyaha ku buryo bwamufasha kumenya neza ibyo aregwa.
Urukiko rwabajije abunganizi igihe bifuza cyo kwitegura, basaba iminsi itanu. Ubushinjacyaha bwahawe ijambo saa 9:55, buvuga ko uregwa afite uburenganzira bwose buteganywa n’Itegeko Nshinga, ariko bunibutsa ko buhagarariye inyungu za rubanda nk’uko na DJ Toxxyk ari mu bashakirwa ubutabera. Bwemeje ko urubanza rusubikwa ariko hakirindwa izindi mpamvu z’inyongera.
Nyuma yo kumva impande zombi, Urukiko rwafashe icyemezo cyo gusubika urubanza rukazasubukurwa ku wa 14 Mutarama 2026, ku wa Gatatu, saa tatu za mu gitondo. Rwongeye kwibutsa ko kuri uwo munsi nta yindi mpamvu yo gusubika izemera.




