20260122_115140-720x720_1

Isezerano rya Minisitiri Ugirashebuja ku muhungu wa Ingabire Victoire wasabye ko nyina yafungurwa

Minisitiri w’Ubutabera akanaba intumwa nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja, yijeje umuhungu w’umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza ko nyina azahabwa ubutabera bunyuze mu mucyo.

Minisitiri Dr. Ugirashebuja yahaye Rémy Amahirwa iryo sezerano, ubwo bahuriraga i Genève mu Busuwisi aho Minisitiri w’Ubutabera yari yitabiriye isuzuma ry’akanama ka Loni gashinzwe iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu rizwi nka ‘Universal Periodic Review (UPR).

Amafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yerekana Amahirwa ahagararanye n’intumwa z’u Rwanda zirimo Dr. Ugirashebuja baganira.

Amakuru avuga ko uriya musore nyuma yo kugaragaza impungenge z’uko Ingabire Victoire ashobora kutazahabwa ubutabera, Minisitiri w’Ubutabera yamwijeje kuzahabwa “ubutabera buboneye”, anagaragaza ko hari inzira z’ubutabera zikomeje, zirimo n’iburanisha riherutse kubera mu Rukiko rw’Ikirenga rw’u Rwanda.

Ku wa 20 Kamena 2025 ni bwo Urwego rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko Ingabire Victoire yatawe muri yombi, nyuma y’uko Urukiko Rukuru rusabye ko akorwaho iperereza ku byaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi no gutegura ibikorwa bigamije gukurura imvururu muri rubanda.

Uyu mugore akurikiranyweho ibyaha birimo gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi, guteza imvururu, kugirira nabi ubutegetsi buriho, gukwirakwiza amakuru atari yo cyangwa icengezamatwara rigamije kwangisha Leta y’u Rwanda mu bihugu by’amahanga, gutangaza amakuru y’ibihuha, gucura umugambi wo gukora ibyaha byo kugirira nabi ubutegetsi buriho n’icyo kwigaragambya.

Umuhungu we yahuye na Minisitiri Dr. Emmanuel Ugirashebuja, mu gihe mu Ugushyingo 2025 yari yandikiye ubutegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika abusaba gushyira igitutu ku Rwanda kugira ngo rurekure nyina.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *