283e801c-010c-439f-b8a3-0493d3698dff-1900x1069_c

FARDC iravuga ko imaze iminsi 5 irwanira kongera gufata Minembwe

Agace ka Minembwe, gaherereye mu misozi miremire yo muri Teritwari ya Fizi (Kivu y’Amajyepfo), kamaze iminsi karabaye isibaniro kubera imirwano ikaze ihabera hagati y’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), zishyigikiwe na Wazalendo, n’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho wiganjemo Abanyekongo b’Abanyamulenge bamaze igihe bibasirwa n’ibitero bya FARDC.

Nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Operation Sukola muri Kivu y’Amajyepfo, S/Lieutenant Mbuyi Reagan, ngo igisirikare cya leta kimaze iminsi itanu kirwanira kongera kwigarurira Minembwe, bafata nk’indiri ya Twirwaneho n’abafatanyabikorwa ba yo.

“Imirwano iragenda neza hagati yacu, ingabo za leta, hamwe n’inyeshyamba za M23-AFC, zifatanije n’imitwe ya Twirwaneho, Gumino, na RED Tabara. Ahantu ha nyuma ni Minembwe. Aka gace nikamara kuzengurukwa, ibindi bikorwa bishobora gutegurwa. Umwanzi arimo gutakaza abantu. Twateye igihombo kinini, nk’ejo aho twishe abarwanyi 35,” uyu ni S/Lt. Mbuyi Reagan avugana na Radio Okapi.

S/Lt  Mbuyi Reagan yijeje ko FARDC irinze umutekano w’abasivili batuye mu turere twibasiwe n’imirwano:

Ati: “Kubera uku gutakaza, barimo gutera ibisasu mu buryo butarobanuye mu mijyi no mu midugudu aho abaturage baherereye. Ariko twe, ingabo za leta, ntabwo turwanira muri utwo turere; turinda abaturage.”

Biravugwa ko bamwe mu bantu bakomeye muri Minembwe basabye byihutirwa urubyiruko rwo muri ako karere kwitandukanya n’inyeshyamba no kugira uruhare mu kugarura amahoro mu karere.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *