Nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru byinshi byo muri Amerika, abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavuze ko igisirikare kizaba kiteguye gutera Iran mu minsi mike iri imbere.
Nk’uko ibitangazamakuru byinshi byo muri Amerika bibitangaza ngo Ingabo za Amerika zizaba ziteguye kugaba igitero kuri Iran guhera ku wa Gatandatu w’iki cyumweru.
Trump ntabwo arafata icyemezo cya nyuma ku bikorwa bya gisirikare kandi aracyaganira kuri iki kibazo n’abajyanama bakuru.
Hagati aho, White House irimo gusuzuma ingaruka zaterwa no kongera amakimbirane mu karere ndetse n’ingaruka za politiki na gisirikare mu kwifata, ariko guterana amagambo byariyongereye mu minsi ishize nubwo hateganyijwe ibiganiro hagati ya Washington na Tehran i Geneve.
Amakuru aturuka mu bitangazamakuru byo muri Amerika avuga ko igikorwa icyo ari cyo cyose cy’igisirikare cya Amerika gishobora kuba ari kinini, gishobora kumara ibyumweru kigakorwa ku bufatanye na Israel, kandi ubuyobozi bwa Trump ngo “buri hafi kuruta uko Abanyamerika benshi babibona”, gushoza intambara ikomeye mu Burasirazuba bwo Hagati.
Kugera mu burasirazuba bw’Inyanja ya Mediterane k’ubwato butwara indege z’intambara bwa USS Gerald Ford mu minsi iri imbere, bizaba ikintu cy’ingenzi mu kugena igihe ibitero bishobora kuba nk’uko abayobozi ba Amerika babitangaza.




