68795284_803

Abimukira hafi 8000 barabuze cyangwa barapfa mu 2025

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bimukira (IOM) riravuga ko mu 2025 byibuze abantu 7,667 baburiwe irengero cyangwa bapfiriye mu nzira bimukira mu bindi bihugu hirya no hino ku Isi.

IOM yasabye ko hajyaho inkunga y’amafaranga y’imiryango itabara imbabare, ndetse no gusenya imiyoboro itwara abantu magendu ishyira ubuzima mu kaga.

IOM ivuga ko uyu mubare uri munsi ugereranyije no mu 2024, igihe hapfuye abantu 9.200 bose, umubare munini wanditswe kuva ikusanyamakuru ryatangira mu 2014.

IOM yavuze ko imibare ya 2025 ishobora kuzamuka, kubera ko dosiye nyinshi zitashoboye kubarurwa nyuma yo kugabanuka gukabije kw’imfashanyo z’imiryango ifasha.

Hagati aho, mu mwaka wa 2026 hamaze kugaragara ko impfu ziziyongera. Kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka gusa, mu Nyanja ya Mediterane hamaze gupfira abantu 606, umubare utaragezweho mbere muri iki gihe cy’umwaka.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *