Ububiligi: Imanza z’abanyarwanda bakekwaho Jenoside ntizabaye kubera Covid-19

Gakwaya Erneste na Nkunduwimye Emmanuel, ni abanyarwanda babiri bagombaga kuburanishirizwa mu Bubiligi guhera muri uku kwezi kwa Nzeri 2020. Ntiharamenyekana igihe bazaburanira, nubwo amadosiye yabo yamaze gutegurwa.

Gakwaya Erneste uzwi ku izina rya Camarade, na Nkunduwimye Emmanuel bakunze kwita Bomboko, bagombaga kuburanishirizwa rimwe na Neretse Fabien mu mpera z’umwaka ushize.

Tariki ya 3 Ukwakira 2019, nibwo inama ntegurarubanza mu rukiko rwa rubanda (Cour d’Assises) yemeje ko Neretse Fabien aburana wenyine, urubanza rushyirwa guhera tariki 7 Ugushyingo kugeza tariki 20 Ukuboza 2019. Iperereza ryari ryaramaze gukorwa kuri abo batatu bakekwagaho icyaha cya Jenoside.

Kubahuriza mu idosiye imwe, byashingirwaga ku mpamvu eshatu: kuba baregwa bimwe bya Jenoside, barabikoze mu bihe bimwe mu 1994, kandi mu gihugu kimwe cy’u Rwanda.

Nyamara muri iyo nama ntegurarubanza, abunganira abaregwa basabye ko abakiriya babo batandukanywa, ngo kuko “nubwo baregwa ibijyanye na Jenoside batayikoze kimwe”.

Uwo munsi, tariki ya 3 Ukwakira 2019 hahise hemezwa ko habanza kuburanishwa Neretse Fabien wenyine, abandi bakazaburanishwa guhera muri iyi Nzeri 2020, none Covid-19 ntitumye bishoboka.

Abo bagombaga kuburana ni bantu ki?

Gakwaya Erneste bita Camarade

Camarade w’imyaka 45 arazwi cyane mu Bubiligi kuko yanamaze kubona ubwenegihugu bwaho. Bivugwa kandi ko ajya asura u Rwanda kandi akanitabira Rwanda day.

Yavutse tariki 27 Kamena 1975, mu cyari Komini Satinskyi , Perefegitura ya Gisenyi. Ubu ni mu karere ka Ngororero, intara y’Uburengerazuba. Ababyeyi be bahoze batuye I Nyamirambo ahitwa mu Ibereshi (camp belge).

Gakwaya (bita Camarade) yize amashuri abanza muri Kigali, ayisumbuye ayigira muri ETO Kibungo, ubu ni mu karere ka Ngoma , intara y’Uburasirazuba.

Abamuzi mu gihugu cy’Ububiligi bavuga ko ntacyo yikanga kandi agenda yisanzuye mu banyarwanda bahaba.

Nkunduwimye Emmanuel alias Bomboko

Nkunduwimye Bomboko, afite imyaka 60, avuka I Gakenke mu cyahoze ari Komini Murambi. Ubu ni mu murenge wa Kiramuruzi, akarere ka Gatsibo mu ntara y’Uburasirazuba. Yavutse tariki ya 4 Mutarama 1959. Na we yafatiwe mu Bubiligi, muri Werurwe 2011, nyuma aza kurekurwa mu 2012, ubu arisanzuye mu bandi banyarwanda nta gihunga agendana, ngo kuko “anacishamo akagera kuri ambasade y’u Rwanda kuramukanya n’abahakorera”.

Amashuri abanza yayize i Kiramuruzi, arenzaho abiri yisumbuye mu by’indimi; ubundi agana iy’ubushoferi muri Soprotel. Nyuma yaje kuba umushoferi w’umuherwe Majyambere Silas.

Nyuma y’aho Majyambere aviriye mu Rwanda ahunze mu 1989, Nkunduwimye yashinze igaraje mu mujyi wa Kigali ryitwa Centre-Ville-Auto, afatanije na Mudahinyuka JMV alias Zuzu, ndetse na Mutaganzwa Jean Bosco.

Nkunduwimye yari interahamwe mu gihe cya Jenoside yakorerwe abatutsi mu 1994, kuko yari inshuti ya visi perezida wazo Rutaganda Georges na Mudahinyuka JMV bari bafatanije igaraje. Avugwa cyane kuri bariyeri yari mu Gakinjiro mu karere ka Nyarugenge, yiciweho abatutsi ikanatwikirwaho imodoka nyinshi.

Ntiharamanyekana itariki nyayo aba bombi bazaburanira, kuko n’igihe Covid-19 izarangirira kitaramenyekana; yo n’inkurikizi zayo ku bukundu bw’isi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *