Burundi : U Burusiya n’u Bushinwa mu guteza akaduruvayo mu Burundi

Hashize iminsi hibazwa igituma akaduruvayo kadashira mu Burundi ndetse n’igituma Perezida Nkurunziza atava ku izima ngo arekure ubutegetsi. Mu nama iheruka y’umutekano ya ONUyashyize ku mugaragaro ko ibibazo bibera mu Burundi bikururwa n’u Burusiya n’u Bushinwa.
Mu nama y’umutekano ya ONU yabereye i New York mu mpera z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka Umwe mu bategetsi bakuru b’u Bufaransa yakoze urutonde rw’ibihugu biri inyuma y’akavuyo gakorerwa mu Burundi ,ibihugu bitiza umurindi aka kaduruvayo ndetse n’ibitagira icyo bikora nko aka kaduruvayo karangire.

Burundi
Umutekano muke urashyirwa ku gatwe k’ u Burusiya n’u Bushinwa

Ibihugu bya Tanzaniya, Uganda na RD Congo byavuzweho kutagira icyo bikora kugira ngo Perezida Pierre Nkurunziza abe yagirana ibiganiro n’abarwanya ubutegetsi bwe.
Ikinyamakuru Jeune Afrique kivuga ko u Bushinwa n’u Burusiya buri inyuma y’ibi bikorwa bituma amahoro ataboneka mu Burundi. Amakuru aturuka mu nzego z’ubutasi z’u Burundi avuga ko Perezida Nkurunziza yahaye isoko ryo gucukura ibuye rya Nikel mu gace Musongati ibihugu by’u Bushinwa n’u Burusiya.
Ibi bihugu byombi bivugwa ko byategetse Nkurunziza kutava ku butegetsi kuko isoko ryabo ryahagarara rigahabwa ibindi bikomeye by’u Bulayi na Amerika. Aha niho rero Perezida Nkurunziza ahakana ko atazava ku butegetsi naho abamurwanya bakavuga ko yiyongeje indi manda itemewe n’amategeko hamwe n’amasezerano y’amahoro.
Uretse u Burusiya n’u Bushinwa, Perezida Nkurunziza ashyigikiwe n’ibihugu bindi bya Afurika birimo Afurika y’epfo. Imyaka 3 ikaba ishize ubu bucuti bw’akadashira buriho hagati y’u Burundi na Afurika y’epfo.
Uretse Afurika y’Epfo nayo ivugwaho kugirana ubucuti n’u Burundi ariko Perezida Dos Santos akaba ari umwe mu bari bugufi cyane ya Perezida Nkurunzi bigatuma atava ku izima n’ubwo abamurwanya babimusaba.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi/ Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *