Bujumbura: Bane bakomerekeye mu bitero bya grenade byagabwe ku iposta no kuri Lumitel

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko abantu bane bari bamaze kumenyekana ko bakomerekeye mu bitero 3 bya grenade byagabwe kuri uyu wa gatatu ku iposta no kuri Lumitel, mu mujyi wa Bujumbura.
160203104806_burundi_attack_lumitel_640x360_bbc_nocredit
Ibisasu bibiri byaturitse mu kanya gashize ku isaha ya 12h15, ikindi cya gatatu giturikira nyuma y’iminota 20 ahakunda guparika imodoka zitwara abagenzi mu majyepfo y’umujyi wa Bujumbura nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ikomeza ivuga.
Iyi nkuru ikiri gukurikiranwa irakomeza ivuga ko abashinzwe umutekano bahise bagera ahaturikiye ibi bisasu bagahita bafunga imihanda .
_88071430_burundi
Igihugu cy’u Burundi kimaze iminsi cyibasiwe n’imvururu zakurikiye icyemezo cya perezida Nkurunziza cyo kwiyamamariza manda ya gatatu muri Mata 2015.
BBC ivuga ko byibuze abantu 439 bamaze kuhasiga ubuzima, mu gihe abandi babarirwa mu 240,000 bataye ibyabo bagahunga igihugu cyabo batinya ko ubuzima bwabo bwahura n’akaga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *