Nyuma y’aho imwe mu ntara za Afurika y’epfo ifatiye icyemezo cyo guhemba abakobwa bakiri amasugi mu rwego rwo kurinda ikwirakwiza ry’agakoko gatera SIDA, Umwe mu baminisitiri muri iki gihugu yamaganiye kure iki cyemezo avuga ko kidakurikije amategeko kandi ko kibangamiye uburenganzira bwa muntu.

Mu kwezi gushize , ubuyobozi bw’umujyi wa Uthukela mu ntara ya Kwazulu-Natal, mu gihugu cya Afurika y’epfo, bwavuze ko buzaha agashimwe abanyeshuri b’abakobwa16, mu gihe bazemera kuguma kuba amasugi.
“Uwo mugambi wari ugamije kugabanya ikwirakwizwa ry’agakoko gatera Virus ya SIDA cyane cyane mu bakobwa bakiri bato nk’uko byari byatangajwe n’umukuru w’uyu mujyi Dudu Mazibuko.
Ikinyamakuru Daily Maverick kivuga ko Minisitiri w’iterambere ry’abaturage Bathabile Dlamini yavuze ko gupima ubusugi bidashoboka kandi ko ari uguhungabanya uburenganzira bwa muntu.
Dlamini ati “Gukora imibonano mpuzabitsina ubwa mbere kenshi ntuba wabishatse, uretse n’uko bishobora gutuma abadakurikije ibyo bisabwa bakumirwa,”. Akomeza avuga ko uwo mugambi ari ikosa ryo guhohotera abantu rishingiye ku gitsina.
Bathabile Dlamini asanzwe ayoboye ihuriro ry;abagore muri Afurika y’epfo mu ishyaka riri ku butegetsi rya ANC. Niwe mutegetsi wa mbere muri Afurika y’epfo wamaganye iki cyemezo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com



