Bujumbura: Abantu bitwaje intwaro bagabye igitero hicwa abantu 4

Abantu bakekwa ko ari 4 nibo bamaze kwitaba Imana nyuma y’igitero cyagabwe n’abantu batazwi mu gace ka Gikoto, zone ya Musaga muri Bujumbura.
Iki gitero cyabaye mu ijroro ryo kuwa Gatanu bishyira kuwa Gatandatu, abamaze kumenyekana ko bishwe ni bane naho abandi batatu bakaba barakomeretse.
musaga
Amakuru atangwa na bamwe mu baturage baturiye ako gace kabereyemo icyo gitero, ni uko abantu 4 bishwe ari abasanzwe ari ababarizwa mu rubyiruko rw’ishyaka CNDD FDD (Imbonerakure) riri ku butegetsi ari naryo Perezida Nkurunziza abarizwamo, dore ko n’imvururu zatangiye mu kwezi kwa 4 ari uko ryatangaje ko azongera kwiyamamariza manda ya 3 benshi bemeza ko ihabanye n’Itegekonshinga ry’u Burundi.
Mu gihe abishe abo banyamuryango ba CNDD FDD batari bamenyekana, kuri uyu wa Gatandatu abapolisi n’abasirikare benshi bazindukiye muri ako gace ka Musaga kiciwemo abo bantu ari nako hakorwa iperereza.
Nk’uko byatangajwe haruguru, Ubwicanyi bwatangiye mu gihugu cy’u Burundi kuva muri Mata umwaka ushize, bubyutswa n’uko ishyaka CNDD FDD ryari ryatangaje ko Perezida Nkurunziza azongera kwiyamamaza.
Kuva icyo gihe abatavuga rumwe n’iri shyaka kuri iyo ngingo yo kwiyamamaza kwa Nkurunziza bagiye birukanwa ku murimo abandi barahunga,baricwa,… kugeza n’ubu abantu bakica uruhongohongo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *