Burundi: Ubwicanyi bwongeye gukaza umurego, abantu 9 bishwe mu majoro 2

Mu gihe hari hashize iminsi haticwa abantu benshi mu Burundi, kuri ubu ubwicanyi busa nk’ubwongeye gukaza umurego dore ko mu majoro abiri hamaze kwicwa abantu 9.
Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu tariki ya 6 Gashyantare 2016, mu gace ka Kinama hatewe gerenade 3 zihitana abantu 4 abandi 12 barakomereka, muri abo bahitanwe nazo harimo umwana w’umuhungu wacuruzaga amagi.
Nk’uko bitangazwa na RFI dukesha iyi nkuru, abaturage bakomeje kuvuga ko ari Imbonerakure zongeye kuzura umugara mu bikorwa by’ubwicanyi zikorera abatavuga rumwe n’ubuyobozi bwa Perezida Nkurunziza.
burundi
Mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu, nabwo abandi bantu 5 biciwe mu gitero cyagabwe n’abantu batazwi mu gace ka Gikoto, zone ya Musaga muri Bujumbura.
RFI yatangaje aya makuru, yatangaje ko abo bantu 5 bishwe ari Imbonerakure nk’urubyiruko rw’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi, ruhora ruhanganye n’abatavuga rumwe n’iri shyaka, gusa ku rundi ruhande umutwe wa FOREBU utavuga rumwe na Perezida Petero Nkurunziza witangarije ko abarwanyi bawo bari muri ibi bitero bikomeje kuvuza Leta y’u Burundi kugoheka.
Kuva muri Mata umwaka ushize ubwo ishyaka CNDD FDD ryatangazaga ko Perezida Nkurunziza azongera kwiyamamaza abantu basaga 400 bamaze gupfa abandi barenga ibihumbi 200 barahunze, kugeza n’ubu umutekano ukaba ugerwa ku mashyi dore ko hakiboneka abicwa n’abahunga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Théoneste Itangishatse/Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *