Abantu 15 bishwe abandi 5 barakomereka mu mirwano yashyamiranyije umutwe wa FDLR na Mai Mai NDC/Renove de Guidon. Iyo mirwano ikaba yarabereye i Mukeberwa muri territoire ya Lubero muri Kivu ya Ruguru ku cyumweru tariki ya 7 Gashyantare 2016.
Umuyobozi wa Teritoire ya Lubero Bokele Joy avuga ko abakomerekeye muri iyi mirwano boherejwe kuvurirwa mu bitaro bya Mbwavinywa biri ku birometero 20 uvuye i Mukeberwa.
Iyi mibare itangazwa iracyari agateganyo muri aka gace kamaze iminsi kari mu maboko ya FDLR.
Bokele Joy avuga ko iyo mirwano yatangiye mu masaha ya saa mbiri za mu gitondo ubwo umutwe wa Mai Mai wari uturutse i Buleusa muri teritoire ya Walikale wateye ibirindiro bya FDLR biherereye i Mukeberwa.
Uyu mutwe wa Mai Mai ufatanyije n’abaturage batuye ako gace bateye bagamije kwirukana FDLR muri aka gace ariko ntibyaborohera.
Iyi mitwe yombi yahise itangira kurasana iyo mirwano imara amasaha atari make. Ku ruhande rwa FDLR bari bagamije kwiruka aba Mai Mai bayobowe na Guidon.
Iyi mirwano yahitanye abantu 15 abandi batanu barakomereka. Gusa Bokele Joy ntagaragaza umubare w’abaguye cyangwa bakomeretse kuri buri ruhande.
Kuva mu Gushyingo umwaka ushize abarwanyi ba Mai Mai ku gice cya NDC/ Renove de Guidon batangiye ibikorwa byo kugaba ibitero no gusahura mu duce twa Lubero ari nako birukana FDLR muri utu duce nk’uko Radio Okapi ibivuga.
Muri Nyakanga umwaka ushize ibiro bishinzwe guhuza ibikorwa mu muryango wa OCHA wari wabaruye ingo 6 400 bahunze ibikorwa bya FDLR muri teritoire ya Lubero.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com



