Amakuru aturuka mu gihugu cya Turkiya yemeza ko umunya-Ghana Christian Atsu wakiniye amakipe arimo Chelsea yo mu Bwongereza ndetse n’ikipe y’igihugu cye yamaze kwitaba Imana.
Inkuru y’urupfu rw’uyu mukinnyi wari ufite imyaka 30 y’amavuko yemejwe na Murat Uzun Mehmet wari usanzwe ari umu-agent we.
Ni nyuma y’uko umurambo w’uriya mukinnyi ndetse n’ibyangombwa birimo Passport ye bibonetse byaragwiriwe n’inkuta z’inzu.
Christian Atsu wakiniraga Hatayspor yo muri Turkiya, yari yaraburiwe irengero mu rukerera rw’itariki ya 06 Gashyantare, nyuma y’imitingito ibiri ikomeye yibasiye ibihugu bya Turkiya na Syria. Kuri ubu abasaga 45,000 ni bo bimaze kumenyekana ko bamaze guhitanwa n’iriya mitingito yombi.
Atsu wanuriwe irengero yaraye atsindiye ikipe ye igitego mu mukino wa shampiyona ya Turkiya, mu minsi ishize byari byabanje gutangazwa ko yabonetse ari muzima gusa ayo makuru birangira anyomojwe.
Muri Nzeri umwaka ushize ni bwo uyu mukinnyi yari yerekeje muri shampiyona ya Turkiya akubutse mu kipe ya Al-Raed yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Mbere y’aho yari yaranyuze mu makipe yo mu Bwongereza arimo Chelsea, Newcastle United, AFC Bournemouth cyo kimwe na Everton.



