Uwari Umuvugizi wa TPLF yatorewe kuba umukandida uzasimbura Umuyobozi wa Tigray

Ishyaka ryiganje mu Ntara ya Tigray iherereye mu majyaruguru ya Ethiopia ryatoye umuvugizi waryo, Getachew Reda, ngo azabe perezida w’ubuyobozi bw’agateganyo bw’intara bwasabwe mu masezerano y’amahoro yarangije intambara y’imyaka ibiri muri kariya karere, nkuko byatangajwe n’ibitangazamakuru bikoreshwa n’iri shyaka kuri uyu wa Gatandatu .

Tigray People Liberation Front (TPLF) yarwanye n’ingabo za Ethiopia n’abafatanyabikorwa babo mu ntambara yahitanye abantu ibihumbi icumi. Mu kwezi k’Ugushyingo gushize, habaye ubwumvikane nyuma y’uko ingabo z’igihugu zigize intsinzi nyinshi ku rugamba.

Kandidatire ya Getachew, yatangajwe na Tigrai TV igenzurwa na TPLF, niramuka yemejwe na guverinoma nkuru y’igihugu cyose, azasimbura umuyobozi wa TPLF, Debretsion Gebremichael, wayoboye Tigray kuva mu 2018.

Ntibiramenyekana igihe guverinoma nkuru ishobora gusuzuma kandidatire ya Getachew cyangwa igihe hazashyirwaho ubuyobozi bw’agateganyo nk’uko iyi nkru dukesha Reuters ivuga.

Umuvugizi wa guverinoma ya Ethiopia, Legesse Tulu, ntabwo yahise asubiza icyifuzo cyo gutanga ibisobanuro.

Kubura guverinoma y’agateganyo byagiye bibangamira igisubizo cy’ubutabazi hirya no hino muri Tigray, aho miliyoni z’abaturage zikeneye ubufasha cyane nk’uko abashinzwe ubutabazi babitangaza.
Bivugwa ko umushahara w’abakozi ba Leta n’abakozi bo mu buvuzi utaratangwa, kandi ibigo bishinzwe gutanga imfashanyo bibura uwo bivugana nawe neza.

Kandidatire ya Getachew ije nyuma y’iminsi mike umunyamabanga wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony Blinken, asuye Ethiopia anashimira abayobozi baho ko hari intambwe imaze guterwa mu gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro mu gihe yibutsa ko hagomba gukorwa byinshi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *