Col Patrick Karegeya wishwe mu mpera za 2013 yongeye kugarukwa mu rubanza rwa Col Tom Byagagamba na bagenzi. Umutangabuhamya Col David Bukenya yashinje Col Tom Byabaganya kuba yarashyize mu majwi leta y’u Rwanda kwivugana Col Patrick Karegeya. Col Tom Byabagamba akaba ahakana ibyo ashinjwa byose avuga ko ari ibinyoma.
Ubwo yari mu rukiko, Col. Bukenya David yavuze ko Col Tom ubwo bari kumwe I Djuba muri Sudani y’amajyepfo we na bagenzi barimo Lt Col Chance Ndagano na Lt Col Frank Karakire mu gihe babaga bari ku meza ko uwari umucuruzi w’amabuye y’agaciro Rtd. Major.John Sengati yishwe ubundi Col Tom akababwira ngo muzanamura icumu ryari? Uyu Col Bukenya David yemeza ko Col Tom yavugaga leta y’u Rwanda ko ariyo yamwishe.
Col Bukenya yagarutse na none ku rupfu rwa Col Patrick Karegeya aho yashinje Col Tom Byabagamba kuba yaravuze ko u Rwanda arirwo rwamwivuganye.
Col Bukenya yavuze ko ubwo Patrick Karegeya yicwaga yabibwiwe na Col Byabagamba nabwo bari mu nzu y’ururiro (messe) agira ati “na Karegeya na we muramwivuganye” .Col Bukenya yavuze ko na bwo yatunguwe kuba Byabagamba yaravugiye aho ibi bintu.
Col Bukenya avuga ko icyo gihe na bwo yahise asa nk’ukebura Col Byabagamba akamubwira ko muri South Africa ahiciwe Karegeya habera ibikorwa by’ibyaha byinshi ndetse ko u Rwanda rwatakarijeyo abasirikare bakomeye barenze umwe bityo ko no kuba Karegeya yakwicirwayo atabishinja Leta.
Aha Col. Byabagamba ntiyahwemye guhata ibibazo umutangabuhamya amubaza ikimuhamiriza ko ababwira iryo jambo (yakomeje kwemeza ko atavuze) yavugaga leta y’u Rwanda.
Col. Bukenya yashimangiye ko ingabo z’igihugu ziri muri rumwe mu rwego rwa leta, bityo rero ngo kuba yarababajije akoresheje ijambo rya “Muzunamura” ngo bihamya ko yavugaga leta kuko nabo ari bamwe muri yo.
Uyu mutangabuhamya yavuze kandi ko yababwiye ibintu byinshi birimo n’uko ngo leta yahubutse izamura imisoro. Gusa nubwo ngo yababwiraga atyo ngo bajyaga impaka bakamwereka ko ibya ababwira atari ukuri Col Tom we ntabyumve, kuburyo byagezeho yanga kugaruka mu nzu bariragamo.
Ubwo yahatwaga ibibazo ku mpande zose Col Bukenya yabajijwe impamvu mu inyandiko mvugo harimo ko Col Tom atigeze yitabira umuhango wo gutangiza icyunamo ubwo bari muri Sudani yepfo nyamara imbere y’urukiko avuga ko yawujemo ndetse akanazanamo umuntu utazwi ngo avuge ijambo,Col Bukenya yavuze ko ibyo yavuze imbere y’urukiko aribyo yabwiye ubushinjacyaha mu gihe bwamubazaga ngo bityo nibwo bwabazwa impamvu butanditse neza ibyo yabubwiye.
Abajijwe impamvu yasinyiye ibintu atasomye ngo arebe ko ibyo yabwiye ubushinjacyaha aribyo bwanditse, Col. Bukenya yasobanuye ko yari afite ibibazo (Pressure) y’amasomo bitewe nuko bamubarije ku ishuri aho yigaga, bityo rero ngo ntiyigeze yita ku byo kubanza gusoma ibyo banditse, ariko yemeza ko ibyo yavuze ari ukuri ko yazanabisubiramo bibaye ngombwa.
Akivuga atyo Col. Tom Byabagamba yahise aseka maze aravuga ati: ”Noneho najya ku rugamba azajya arasa bagenzi be ngo afite pressure y’urugamba!”
Col. Bukenya yavuze ko we atitabiriye umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 19 bitewe nuko yari yaherekeje ingabo z’u Rwanda zari zigiye gutanga ubufasha mu gace karimo umutekano muke, bityo rero ngo Col.Tom niwe wari usigaranye inshingano zo kuyobora uwo muhango ndetse akaba ari nawe utanga ijambo mu gihe nta mpamvu atanze ituma atabikora.
Yavuze ko abari aho ndetse nawe ubwe bwite bababajwe nuko yazanye umuntu batazi bitewe nuko atari mu buyobozi bukuru bw’abanyarwanda baba muri kiriya gihugu, cyangwa ngo abe ari umwe mu ngabo z’u Rwanda ngo abe ariwe uvuga ijambo nyamukuru ry’uwo muhango, ibintu yise ko ari ukuwutesha agaciro.
Ikindi kandi Col. Tom ashingiraho avuga ko ubuhamya bwa Col. Bukenya ari ibinyoma, ngo ni ukuba yavuze ko kuva mu kwezi kwa 10 Col. Tom yaratangiye kwanga kuza mu buriro kimwe na bagenzi be, kandi mu buhamya bwe akavuga ko yababwiye ku rupfu rwa Col. Patrick Karegeya wishwe mu mpera z’umwaka wa 2013, bityo ngo akaba atumva ukuntu yaje kubabwira iby’iyo nkuru y’urupfu rwa Karegeya kandi atari akibegera.
Abajijwe niba mu muhango wo gutangiza ikigo cy’ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere (Rwanda Aviation Unity) Col. Tom Byabagamba yarateye isaluti cyangwa niba atarayiteye, Col. Bukenya yasobanuye adashidikanya ko Col. Tom atigeze atera isaluti nk’abandi bari muri uwo muhango, yongeraho ko atabibwiwe ahubwo ko yamwiboneye kuko bari begeranye.
Col. Tom Byabagamba yanze kwiregura kuri Video yatanzwe mu rukiko
Ubwo ubushinjacyaha bwashyikirizaga urukiko rwa gisirikare amashusho (video) igaragaza ko Col. Tom atigeze atera isaluti, bigize icyaha aregwa cyo gusuzugura ibendera, Col. Byabagamba n’umwunganizi we Me. Gakunzi Valery bahise bamaganira kure iyi video, bavuga ko idakurikije amategeko bitewe nuko bayizanye nyuma kandi ngo amategeko agenga ibimenyetso atemera ikimenyetso gishya kizwanywe mu rukiko nyuma.
Basobanuye ko mu iburana rishize ubwo herekanwaga iyi video, basabye ubushinjacyaha kuzana video y’uwo muhango wose ariko bwo bukemeza ko butayibona. Col Tom yahise avuga ko atibaza aho baba bayikuye kandi bari bavuze ko batayibona bityo agasaba urukiko kutayakira no kutayiha agaciro.
Bashimangiye kandi ko kuba iyi video barayishyikirije urukiko ntibayihe uruhande rw’uregwa, ahubwo bakayiruha ku munota wa nyuma ngo ruyisobanureho, nabyo binyuranyije n’amategeko bagasaba ko yateshawa agaciro.
Ubushinjacyaha bwari buhagarariwe na Capt. Nzakamwita Faustin, bwemeje iyi video atari ikimenyetso gishya bazanye bitewe nuko Col. Tom yari asanzwe ayireguraho, kandi ngo nubwo cyaba ari ikimenyetso gishya bafite uburengazira bwo kuba bagishyikiriza urukiko bitewe nuko ngo mu gihe urubanza rutarapfundikirwa habonetse ikimenyetso gishya cyemerwa n’urukiko.
Nyuma y’izo mpaka, Urukiko rwasabye ko rwakiherera rugafata umwanzuro ku kuba rwakakira iyi video cyangwa kutayakira, maze rugaruka rwanzura ko rushingiye ku ngingo ya 88 igenga ibimenyetso, yemerera urukiko kwakira no gusuzuma ibimenyetso bishya bishyikirijwe urukiko mu gihe urubanza rutarapfundikirwa, ko iyi video yemerwa n’ubucamanza kuko uru rubanza rutarapfundikirwa, maze ako kanya rutegeka ko yerekwa abari mu cyumba cy’urukiko bitewe nuko mu iburanisha rishize uregwa yari yavuze ko iyari yeretswe urukiko yari igice, maze agasaba ko hazanwa video igaragaza igikorwa cyose uko cyakabaye.
Col. Tom yahise abwira urukiko ko ubwo rwemeye ko iyi video yakirwa we atiteguye kuba yayireguraho bitewe nuko yazanywe mu buryo butemewe n’amategeko.
Iburanishwa ryimuriwe ku wa mbere w’icyumweru gitaha tariki ya 15 Gashyantare 2016 hakomeza kumvwa abatangabuhamya.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Semigabo JP / Bwiza.com



