Burundi: CNIDH yemeje ko Gen. Alain-Guillaume Bunyoni yatawe muri yombi

Komisiyo ishinzwe Uburenganzira bwa muntu mu gihugu cy’u Burundi (CNIDH), yemeje ko Général de Police Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu afunzwe.

Iyi Komisiyo mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter yemeje ko kuri uyu wa Gatandatu yasuye Gen Bunyoni aho afungiye, gusa ihakana amakuru yavugaga ko uyu wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Burundi na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu yaba amaze iminsi yicwa urubozo.

Iti: “CNIDH-Burundi kuri uyu wa 22 Mata yakoze uruzinduko mu rwego rwo kuganira na Général Alain Guillaume Bunyoni. Ameze neza. Nta yicarubozo cyangwa ihohoterwa iryo ari ryo ryose yigeze akorerwa kuva atawe muri yombi.”

CNIDH yunzemo ko yamaze kumenyesha umuryango wa Bunyoni uko amerewe, gusa ntiyatangaza aho afungiye.

Amakuru y’itabwa muri yombi rya Bunyoni byakekwaga ko yaba yarahungiye muri Tanzania yatangiye gucicikana ku manywa yo ku wa Gatanu tariki 21 Mata 2023.

Uyu wari umaze iminsi ashakishwa n’ubushinjacyaha bw’u Burundi bivugwa ko yafatiwe mu ntara ya Bujumbura Rural.

Bunyoni yatawe muri yombi mu gihe inzego z’umutekano mu Burundi zaherukaga gusaka ingo ze zikeka ko zaba zihishemo za miliyari z’amafaranga y’Amarundi ndetse n’intwaro.

Mu Ugushyingo umwaka ushize ni bwo Gen Alain-Guillaume Bunyoni yirukanwe na Perezida Evariste Ndayishimiye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Burundi yari amazeho imyaka ibiri.

Perezida Ndayishimiye yamwirukanye nyuma yo kumukekaho umugambi wo kumuhirika ku butegetsi, ndetse n’amakosa arimo kunyereza umutungo wa Leta.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *