Ingo za Joseph Kabila na zo zishobora gusakwa n’ubutasi bwa RDC

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo avuga ko Urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare muri iki gihugu ruteganya gusaka ingo za Joseph Kabila wahoze ari Perezida wacyo.

Inzego z’iperereza muri Congo zimaze iminsi zisaga ingo z’anyapolitiki batandukanye; nyuma yo kwikanga ko haba hariho umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi.

Ku wa Kane tariki ya 08 Kamena abakozi b’urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare (ANR) basatse urugo (icumbi) rw’umunyapolitiki Moà¯se Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi ruri i Kinshasa, aho amaze iminsi aba.

Izi ntasi zanasatse urugo rwa Salomon Kalonda usanzwe ari umujyanama wihariye wa Katumbi, mbere y’uko kuri uyu wa Gatanu hasakwa urugo rwa nyina umubyara.

Kalonda amaze iminsi afunzwe n’ubutasi bwa Congo buheruka kumufatira ku kibuga cy’indege cya Ndjili; bukaba bumushinja gucudika na bamwe mu barwanyi b’umutwe wa M23 ndetse n’abasirikare bakuru b’u Rwanda.

Ni ubucuti ANR ivuga ko bugamije kunoza umugambi wo guhirika Tshisekedi ku butegetsi.

Nyuma yo gusaka kwa Katumbi ndetse no kwa Kalonda; hari amakuru avuga ko mu gihe cya vuba ingo za Joseph Kabila na zo zishobora gusakwa.

Ni Kabila bivugwa ko amaze igihe yararakariye cyane Tshisekedi, ku buryo asigaye amufata nk”umunyagitugu ukwiriye guhashywa’.

Impamvu ni uko uyu wayoboye Congo Kinshasa imyaka 18 atishimiye uburyo Tshisekedi wamusimbuye ku butegetsi agenzura imibereho; kugeza aho kugira ngo agire aho ajya abanza guhabwa uburenganzira na ANR.

Ibi nyirubwite ngo abifata nk’umugambi ubutegetsi bwacuze wo kuba bwamugirira nabi.

Africa Intelligence iheruka kwandika ko mu zindi mpamvu zatumye Kabila arakarira Tshisekedi harimo kuba amaze igihe ahigisha uruhindu abo bahoze bakorana; ikindi akaba atumva buryo ki yananiwe gushyira ku murongo Igisirikare ndetse no kukigurira ibikoresho bihagije byagifasha kwivuna M23.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *