Israel iritegura igitero cyo ku butaka muri Gaza nyuma yo kuyisukaho amabombe

Minisitiri w’ingabo muri Israel, Yoav Gallant, yiyemeje kugaba igitero cyo ku butaka muri Gaza nyuma y’igitero cya Hamas gitunguranye ku butaka bwa Israel nk’uko tubikesha Al Jazeera.

Israel ivuga ko ingabo zigera ku 300.000 zateraniye hafi y’uruzitiro rwa Gaza kandi ko zitegura gutera ku butaka.

Hagati aho, ibitero by’indege kuri Gaza byakomeje ku munsi wa gatanu wikurikiranya, aho zimaze kwica nibura Abanyapalestine 950. Umubare w’abamaze gupfa muri Israel wo umaze kugera ku bantu 1200.

Muri Gaza, abashinzwe ubutabazi bararwana no kugera ku barokotse mu turere tumwe na tumwe.

Imiryango itabara imbabare iramagana itangazo rya Israel rivuga ko izahagarika ibiryo, amazi n’ibikoresho mu kugota byimazeyo aka karere.

Hamas na yo yakomeje kurasa ibisasu bya rokete muri Israel, mu gihe ingabo za Israel ndetse n’abarwanyi ba Hezbollah bakorera muri Liban na bo bakomeje kurasanaho.

Igisirikare cya Israel kikaba kivuga ko ibisasu byarasiwe muri Syria byaguye ahantu hafunguye muri Israel.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *