RDC: Mu mijyi irimo Kinshasa ubuzima bwiriwe bwahagaze kubera ikiswe Umunsi w’Umujyi Upfuye

Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Gashyantare 2016 umurwa mukuru wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa, wiriwe utuje mu buryo budasanzwe bitewe no guhangana hagati ya leta n’abatavuga rumwe nayo biyemeje kuri uyu munsi igikorwa cyiswe Ville Morte (Bivuga Umujyi upfuye mu Kinyarwanda) mu rwego rwo gusaba ko perezida Kabila yazava ku butegetsi nyuma y’iyi manda.

Guhitamo iyi tariki ku ruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ntabwo ari impanuka, kuko ngo iyi tariki yibutsa ubwicanyi bwakorewe abakirisitu bigaragambyaga mu mutuzo mu 1992. Uru rugendo rwari rwateguwe na Kiliziya Gaturika nyuma ya misa yo ku Cyumweru, aho ngo rwari rugamije gusaba Mobutu kuzana demokarasi mu gihugu.

????????????????????????????????????
Mu mujyi wa Kinshasa hiriwe hakonje bidasanzwe / Ifoto: Afrik.com

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi babarizwa mu mashyaka agera ku 10 bibumbiye mu cyiswe G7, bashinja perezida Joseph Kabila gushaka kurenga ku Itegeko Nshinga kugirango azabone uko yiyamamariza indi manda agume ku butegetsi. Perezida Joseph Kabila akaba ari ku butegetsi kuva mu 2001, manda ye bikaba biteganyijwe ko izarangira mu Ukuboza.

Abadashaka ko perezida Kabila atakomeza kuyobora Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bavuga ko iyi ari nk’intsinzi muri uyu mujyi utuwe n’abaturage basaga miliyoni 10. Za bus zitwara abagenzi uyu munsi zasaga nk’aho nta bagenzi bazirimo, abanyeshuri bacye nibo babashije kujya ku mashuri nayo ngo amenshi akaba yari afunze.

Mu yindi mijyi y’ingenzi y’iki gihugu nka Lubumbashi, Bukavu ndetse na Goma nk’uko iyi nkuru dukesha Afrik.com ikomeza ivuga ngo naho uyu munsi ubuzima bwasaga nk’ubwahagaze.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *