dynamo.png

Ya kipe y’i Burundi itewe mpaga izira kwanga kwamamaza u Rwanda

Ubuyobozi bwa Basketball Africa League bwatangaje ko bwamaze gutera mpaga ikipe ya Dynamo BBC y’i Burundi izira amakosa akomeye yo guhisha icyapa cyamamaza u Rwanda nk’umuterankunga w’irushanwa rya BAL 2024 riri kubera muri Afurika y’Epfo.

Iyi kipe ya Dynamo BBC yari yakinnye ndetse inatsinda umukino wayo wa mbere ku wa 09 Werurwe 2024, ni umukino wayihuje na Cape Town Tigers yo muri Afurika y’Epfo warangiye Abarundi bafite amanota 86 kuri 73. Muri uyu mukino bari bahisemo gushyira ahamamaza u Rwanda ibyapa by’umukara bidatuma hagaragara.

Kuri iki cyumweru iyi kipe yagombaga kongera gukina n’ikipe ya FUS Rabat yo muri Maroc, nawo bashakaga kuwukina batamamaza u Rwanda nyamara ari rwo muterankunga w’iri rushwanwa.

Umuyobozi wa BAL witwa Amadou Gallo Fall yanditse ko iyi kipe itewe mpaga kubera “Kwanga kwambara umwambaro w’irushanwa.”

dynamo.png

Ni umwambaro abo Barundi banze kwambara bawuziza ko wanditseho ngo “Visit Rwanda”, ibyo bo badashaka kwamamaza kubera ko igihugu cyabo gifitanye ibibazo bwa politiki n’u Rwanda.

Amakuru aturuka i Burundi yemeza ko ibyo babitegetswe n’ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye, uyu akaba yari yanabashimiye ku tsinzi bakuye ku mukino wabanje aho yanditse mu Kirundi ati “Ndakeje cane umurwi w’umupira wa basket Dynamo BBC kw’iteka uriko uratera Uburundi n’ingene uriko uritwara neza mu nkino zo mw’ihiganwa “BAL season4”; uno musi ukaba utahanye iyindi ntsinzi. Turabateye intege mu nkino zizokurikira, mutere imbere nk’umuzinga,turi kumwe namwe!”

Iyi yari inshuro ya mbere ikipe y’i Burundi igeze muri iki cyiciro mu irushanwa rya BAL riri gukinwa ku nshuro ya kane.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *