Kinshasa: Abayoboke b’ishyaka rya Tshisekedi bahondaguranye

Amatsinda abiri y’abayoboke b’ishyaka UDPS riri ku butegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kabiri barwaniye ku nteko ishinga amategeko biba ngombwa ko batatanywa na Polisi.

Aba bayoboke b’ishyaka rya Tshisekedi barwanye ubwo bari bagiye gushyigikira kandidatire ya Idriss Mangala UDPS iheruka gutanga nk’umukandida ku mwanya wa Perezida wa Sena.

Ibinyamakuru by’i Kinshasa biravuga ko abatari bake bakomerekeye muri iriya mirwano ndetse ibikoresho byinshi byo mu nteko birangizwa.

Abayoboke ba UDPS barwanye mu gihe iri shyaka rivugwamo gucikamo ibice.

Ni umwuka mubi ushingiye ku kuba hari abayoboke bamaze igihe basaba ko Umunyamabanga Mukuru waryo, Augustin Kabuya yakwegura, ibyo batajyaho imbizi n’uruhande rushyigikiye uyu mugabo.

Mangala byitezwe ko agomba guhatanira kuyobora Sena ya RDC na Sama Lukonde wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa RDC akanaba umwe mu bayoboke b’ihuriro Union Sacrée, ndetse n’umuntu wa hafi ya Tshisekedi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *