Minisiteri y’Ubuzima rusange y’Uburundi ivuga ko abantu 193 bari mu bitaro aho barwaye ubushita bw’inkende (Mpox) mu gihe bahanganye n’ubukangurambaga rusange kugira ngo indwara idakomeza gukwirakwira.Mu itangazo rya Ministeri y’ubuzima ryo ku wa 25 Kanama rivuga ko mu bantu 231 basuzumwe iyi ndwara ,hasanzwemo abarwayi 38 gusa kandi bakaba baravuwe bagakira ,mu basuzumwe,136 ni abo mu majyaruguru ya Bujumbura, Kayanza na Bujumbura y’amajyepfo.
Uburundi, ni igihugu gifite amikoro make, gifite ibikoresho by’ubuzima n’abakozi bidahagije kugira ngo kibe cyahangana no kurwanya iki cyorezo .Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryatangaje ko hari umubare munini wabanduye indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, ibi bikaba biteye impungenge kuko iyo mibonano ari imwe mu nzira yanduriramo.
The Eastafrican itangaza ko Guverinoma y’Uburundi ikeneye hafi miliyari 2,667.966.000 z’amafaranga y’amarundi kugirango ishobore kurwanya iyi ndwara, ibifashijwemo n’umuryango mpuzamahanga wita k’ubuzima (OMS) n’ikigo gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (CDC).
Ubushita bw’inkende buzwi nka Mpox yahoze yitwa monkeypox,yabaye ikibazo muri Afurika ahagana mu mwaka wa 1970 ariko ntiyitabweho cyane ku isi bituma izamuka ku rwego mpuzamahanga mu mwaka wa 2022.
Bwiza.com



