Abadepite bo mu ishyaka rimwe na Perezida Ruto barifuza ko manda zivaho

Bamwe mu badepite bo mu ishyaka UDA rya Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, barifuza ko ingingo y’Itegekonshinga igena manda ntarengwa zo kuyobora iki gihugu yakurwaho.

Nk’uko ikinyamakuru Nation cyabitangaje, aba badepite barashaka ko manda ebyiri Umukuru w’Igihugu yemerewe kuyobora zasimburwa n’imyaka ntarengwa 75.

Ntabwo abadepite bari mu nyingo y’uyu mushinga barajya ahagaragara, gusa Salah Yakub uhagarariye agace ka Fafi mu nteko ishinga amategeko yatangaje ko inkuru ari impamo, gusa ngo ibiganiro biri kubera imbere y’imiryango ifunze.

Uyu mudepite yasobanuye ko mu gihe abari muri ibi biganiro bazaba bamaze gufata umwanzuro, bazageze umushinga muri Nteko. Ati: “Tuzazana umushinga w’ivugurura kugira bihinduke kubera ko dushaka ko hashyirwaho imyaka y’amavuko ntarengwa, atari manda. Niba Perezida akora neza, ntabwo yakabaye azitirwa na manda.”

Iyi ngingo ikuwe mu Itegekonshinga nk’uko aba badepite babyifuza, William Ruto wabaye Perezida kuva muri Nzeri 2022, yaba afite amahirwe yo kuyobora Kenya mu gihe cy’imyaka 20 kuko asanzwe afite 55 y’amavuko.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *