Abashinzwe umutekano n’ubuyobozi bwa Birmingham City bamenyesheje ko abafana b’ikipe ya Maccabi Tel Aviv batemerewe kujya kureba umukino uzahuza ikipe yabo na Aston Villa kubera impungenge z’umutekano.
Uyu mukino uteganyijwe kubera kuri Villa Park ku itariki ya 6 Ugushyingo 2025, ariko itsinda rishinzwe umutekano (Safety Advisory Group) ryasabye ko nta mufana w’iyi kipe yo muri Isiraheli wemerewe kwinjira ku kibuga.
Aston Villa yemeje ko yafashe iki cyemezo ishingiye ku makuru yatanzwe na polisi y’ahitwa West Midlands, yavuze ko hari “impungenge z’umutekano w’abafana n’amahoro rusange” ku munsi w’umukino.
Polisi yavuze ko ibi bishingiye ku byabaye umwaka ushize i Amsterdam, aho habaye imirwano ikomeye hagati y’abafana ba Maccabi Tel Aviv n’abashyigikiye Abanyapalestina mu mukino wahuje Maccabi Tel Aviv na Ajax.
Iyo mirwano yahitanye abantu benshi, abandi barafungwa, ndetse habaho ibikorwa byo kwangiza ibintu no gutuka Abanyapalestina.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Keir Starmer yanenze iki cyemezo avuga ko “ari icyemezo kibi” kandi ko inshingano za polisi “ari uguharanira ko abafana bose bareba umupira batekanye.”
Na none, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Isiraheli, Gideon Saar, yavuze ko ari “icyemezo giteye isoni” asaba ko cyasubirwamo.
Abayobozi b’umuryango w’Abayahudi mu Bwongereza (Jewish Leadership Council) bavuze ko “bidasanzwe ko abafana babuzwa kwitabira umukino kuko polisi idashoboye kubarinda”, basaba ko umukino wakinwa nta bafana bose bemerewe kwinjira.
Ibi bibaye mu gihe hari abashyigikiye ko amakipe yo muri Isiraheli ahagarikwa gukina mu marushanwa mpuzamahanga kubera ibyo Isiraheli ikomeje gukorera muri Gaza. Amatsinda y’abaharanira uburenganzira bwa muntu arimo Game Over Israel avuga ko “Isiraheli ikoresha siporo mu gukingira ikibaba ibikorwa byayo byo kurimbura Abanyapalestina.”
Abahanga bagera kuri 30 bo mu rwego mpuzamahanga bandikiye Perezida wa UEFA, basaba guhagarika Isiraheli muri aya marushanwa, bavuga ko “binyuranye n’amategeko mpuzamahanga kandi bigaragaza uburyo siporo ikoreshwa mu kugaragaza isura itari yo ya Isiraheli.”




