High-table

Abagaba b’ingabo bo mu karere bagiye guhurira mu nama muri Zambia

Minisiteri y’Ingabo ya Zambia kuwa Gatandatu yatangaje ko iki gihugu kizakira inama y’abaminisitiri y’iminsi itatu izibanda ku kibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara rivuga ko iyi nama yasabwe n’Inama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), izaba kuva ku itariki ya 8 kugeza ku ya 10 Mutarama ikabera mu Mujyi wa Livingstone.

Biteganijwe ko abaminisitiri cumi na babiri b’ingabo n’abagaba b’ingabo z’ibihugu bigize ICGLR bazitabira iyi nama.

ICGLR igizwe na Angola, u Burundi, Repubulika ya Centrafrica, Repubulika ya Congo, Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Kenya, u Rwanda, Sudani, Sudani y’Epfo, Tanzaniya, Uganda, na Zambia.

Minisiteri y’ingabo ivuga ko iyi nama izayoborwa na Minisitiri w’Ingabo wa Zambia, Ambrose Lwiji Lufuma.

Zambia ihana imbibi na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ivuga ko yiyemeje guharanira amahoro mu karere.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *