Perezida wa Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano, Emmanuel Bugingo, kuri uyu wa Kabiri yagejeje ku Nteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite raporo ku isuzumwa ry’umushinga w’itegeko rishyiraho Urwego rwa Gisirikare rw’Ubwishingizi ku Ndwara .
Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yatoye itegeko rishyiraho Urwego rwa Gisirikare rw’Ubwishingizi ku Ndwara.

Mu gusuzuma inyito y’umushinga w’itegeko, no guhabwa ibisobanuro birambuye, hemejwe ko MMI iba urwego rwihariye rushyirwaho hashingiwe ku ngingo ya 139 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015.

MMI yatangiye yishingira Ingabo z’u Rwanda n’imiryango yazo yonyine, ariko nyuma yaje kongeramo n’abagize izindi nzego z’umutekano zitandukanye zo mu Gihugu hamwe n’imiryango yabo.




