Abakinnyi b’ikipe ya Lobi Stars FC yo mu mujyi wa Makurdi, muri Leta ya Benue muri Nigeria, bagabweho igitero n’abagizi ba nabi ubwo bari mu myitozo ku kibuga cya Government Model Secondary School Pitch.
Nk’uko byatangajwe, abo bagizi ba nabi bakubise abakinnyi ndetse n’abakozi b’iyo kipe, babashinja kuba baragurishije imikino, cyane cyane umukino Lobi Stars yakinnye na Abia Warriors.
Amakuru atangazwa na Leadership NG avuga ko bamwe mu bakinnyi bakubiswe bagafungirwa mu modoka y’ikipe iminota 30, kugira ngo babahanire umusaruro mubi w’ikipe.
Hari kandi abavuga ko ubuyobozi bw’ikipe ari bwo bwatumye abo bagizi ba nabi, kugira ngo bigishe isomo abakinnyi n’abakozi bayo.
Gusa, Emmanuel Uja, Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru muri Lobi Stars FC, yahakanye ayo makuru, avuga ko ubuyobozi bw’iyo kipe budadashobora gutera abagizi ba nabi ku bakinnyi babo.




