Abakinnyi ba Bénin bahondaguriwe muri Libya nyuma yo kubona itike ya CAN

Amakuru aturuka i Tripoli aravuga ko abagize ikipe y’Igihugu ya Bénin bakubitiwe i Tripoli, nyuma y’umukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika baguyemo miswi na Libya 0-0.

Ni umukino wasize Les Guépards ikatishije itike y’Igikombe cya Afurika cya 2025 nyuma yo kurangiza ku mwanya wa kabiri mu tsinda n’amanota umunani.

Amakuru avuga ko nyuma y’uyu mukino abagize ikipe y’Igihugu ya Bénin bafungiranwe amasaha menshi mu rwambariro, ku buryo abakinnyi batangiye gutabaza.

Nyuma ubwo bari bamaze kurekurwa bivugwa ko Polisi ya Libya yinjiye ku mbaraga muri bisi barimo, itangira kubahondagura.

Mu bakubiswe harimo n’umutoza Gernot Rohr nk’uko amakuru abivuga.

Si ubwa mbere abanya-Libya bakora urugomo nk’uru kuko mu minsi ishize iyi kipe yatewe mpaga na CAF ndetse inacibwa amande, nyuma yo gufata nabi abagize ikipe y’Igihugu ya Nigeria bagombaga guhura.

Mbere y’aho kandi inzego z’umutekano za Libya zari zabanje gufunga Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Bizimana Djihad; zimukekaho kuba intasi ya Israel.

Kuri ubu impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ikomeje kotswa igitutu isabwa gufatira ibihano bikakaye kiriya gihugu, birimo no kugihagarika mu bikorwa by’umupira w’amaguru.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *