Polisi ya Kenya kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Ukwakira yakumiriye abaturage b’iki gihugu bashakaga kwinjira muri Tanzania mu rwego rwo kwifatanya n’abaturage b’iki gihugu mu myigaragambyo.
Ibinyamakuru byo muri Kenya byo muri Kenya biravuga ko Polisi yatangiriye bariya bantu ku mupaka wa Namanga uhuza kiriya gihugu na Tanzania.
Kuva ku wa Gatatu tariki ya 29 Ukwakira abanya-Tanzania bari mu myigaragambyo ikomeye bamagana amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri iki gihugu.
Ni amatora Perezida Samia Suluhu ufite amahirwe yo kuyatsinda yahatanyemo n’abakandida 17, gusa ashinjwa kuba yarayakumiriyemo abanyapolitiki bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe abandi akabafunga.
Abanya-Kenya bamaze igihe bibasira ubutegetsi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan bamwita umunyagitugu, ndetse bari mu bashishikarije abaturanyi babo b’abanya-Tanzania kwigaragambya.




