Gelase Ndabirabe yatangaje ko Nta munyamakuru w’ikinyamakuru kigenga uzongera gukandagiza ikirenge cye mu nteko ishingamategeko mu Burundi kereka abanyamakuru ba Leta ariko nabo bagenwe.
Uyu ni umwanzuro wafashwe kandi utangazwa n’Umuyobozi mukuru w’inteko ishingamateka mu Burundi Daniel Gelase Ndabirabe umwanzuro utakiriwe neza bivuga ko ugamije gusubiza inyuma igihugu n’ubwigenge bw’abarundi bose, abanje guhonyanga amategeko aha ubwisanzure itangazamakuru.
Ibi byose bijya kuba byatangiye tariki 19 Kanama 2025, mu gihe hari hateganijwe igikorwa cyo gutora umutwe w’abagize inteko ishingamategeko aho icyo gikorwa cyari butambuke live ku mbuga nkoranyambaga zimenyerewe z’inama nshingamategeko ariko ntibakunde ko bicaho.
Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru byigenga ntibahawe uburenganzira bwo gukwirikirana ibyo bikorwa aho babwiwe ko ntabikorwa bihari uwo munsi ariko haciyemo akanya nk’isaha eshanu ibyo bikorwa biratangira ariko byitabirwa n’abanyamakuru batoranijwe gusa kandi ba Leta ibyatumye abenshi bibaza impamvu.
Umwe mu banyamakuru bigenga washoboye kugera muri iyo nama yagize ati:”Biratangaje cyane ukuntu bambura ubwisanzure abarundi Bose muri rusangi kandi aribo babashizeho, tureke basi abanyamakuru kuko bobo bari basanzwe bakumirwa”.
Ku icyo gihe kugeza uyu munsi tariki 2 Nzeri 2025, nta biganiro by’imbonankubone birongera guca ku mbuga z’inama nshingamategeko.
Mu biganiro byatambutse live kumbuga z’inteko byatumye Abarundi bamenya uko inama nshingamategeko ikora, mu bibazo babaza abagize inteko batandukanye n’ibisubizo batanga, hamwe n’amategeko batora kandi byari uburenganzira ku barundi Bose.
Ku bijyanye n’Abanyamakuru bo ntagitangaje kirimo kuko kuri ubu, butegetsi bwa CNDD-FDD nta bwisanzure bw’itangazamakuru buhari.




