Abanye-Congo baranenga Leta yabo kwigana u Rwanda

Abanya-Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeje kunenga Leta y’igihugu cyabo, nyuma yo kwinjira mu masezerano y’ubufatanye n’ikipe ya AC Milan yo mu Butaliyani.

Ku wa Gatanu tariki ya 20 ni bwo Guverinoma ya RDC yemeje amasezerano y’ubufatanye hagati yayo na AC Milan, mu rwego rwo guteza imbere ubukerarugendo bw’iki gihugu.

Nyuma yo gutangaza iby’aya masezerano abanye-Congo bakoresha imbuga nkoranyambaga banenze Leta y’igihugu cyabo bayishinja kuba yariganye u Rwanda, igihugu bamaze igihe badacana uwaka.

U Rwanda rusanzwe rufitanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa na Bayern Münich yo mu Budage.

Ni amasezerano urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwasinyanye n’aya makipe biciye muri gahunda ya Visit Rwanda.

Leta y’u Rwanda ivuga ko Visit Rwanda yatumye ubukerarugendo bw’u Rwanda butera imbere ndetse intego ya RDB ni uko muri uyu mwaka wa 2024 ruzinjiza miliyoni 800$ zivuye muri urwo rwego.

Imibare iheruka, ya 2023, igaragaza ko ubukerarugendo bw’u Rwanda bwinjije agera kuri miliyoni 620$.

Mu gihe i Kinshasa biteze ko gukorana na AC Milan bizatuma babasha gutera ikirenge mu cy’u Rwanda, abanye-Congo bananenga kuba igihugu cyabo cyatekereje guteza imbere “ibikorwa by’ubukerarugendo bidahari”.

Abaturage ba Congo kandi nk’uko bagiye babyandika ku mbuga nkoranyambaga bagaragaje ko iriya gahunda ishobora kuzakomwa mu nkokora n’ikibazo cy’umutekano muke kubera amagana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bw’iki gihugu.

Ikindi banenga ni uko Leta ya RDC yinjiye mu mikoranire n’ikipe yo mu Butaliyani, kandi ibizi neza ko hari Ambasaderi w’iki gihugu (Lucca Attanasio) wiciwe mu burasirazuba bwa Congo muri 2021 n’abo bikekwa ko ari abarwanyi ba FDLR.

Ibi babishingiraho bavuga ko bigoye kubona ba mukerarugendo b’Abataliyani bajya gusura Congo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Abanye-Congo baranenga Leta yabo kwigana u Rwanda
    Biratwengeje ! Ivyo Congo yakoze, ni kwamamaza ibicuruzwa udafise! Ubukerarugendo muri Congo burashoboka? Ibikorwa bibanziriza kwamamaza vyarakozwe? Nko gutunganya ahagenderwa, amabarabara, ama hôtel, umutekano,…

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *