Bamwe mu bapolisi bo muri Nigeria bahawe inkwenene nyuma y’uko bagaragaye bagorwa no kuririmba indirimbo nshya y’igihugu iherutse gushyirwaho na guverinoma ya Nigeria.
Ku wa 29 Gicurasi 2024 nibwo ubuyobozi bukuru bwa Nigeria bwatangaje ko bashyizeho indirimbo nshya yubahiriza igihugu, ni ibintu bitakiriwe neza na bamwe mu baturage gusa ntacyo gukora bari bafite.
Nyuma y’uko iyi ndirimbo iteje urunturuntu mu baturage n’ubuyobozi mu maza yayo, yongeye kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko bamwe mu bapolisi b’igihugu bariye iminwa bari kuyiririmba.
Ku mbuga nkoranyamba hakomeje gusakara amashusho y’abapolisi bo muri Nigeria bari kuririmba indirimbo nshya y’ubahiriza igihugu gusa bakagorwa no kuyiririmba.
Iyi ndirimbo yubahiriza igihugu cya Nigeria itari yamenyekana cyane mu baturage, yagoye cyane abapolisi baba bari kuyiririmba.
Bamwe mu bapolisi baba bisunze amaterefone yabo mu gihe abandi bisunga impapuro zanditseho amagambo agize iyo ndirimbo gusa biranga bikagaragara ko ntayo bazi.
Mu mashusho ari ku mbuga nkoranyambaga yerekana bamwe muri aba bapolisi bari kurya iminwa abandi nabo bagorwa no kuyiririmba, ibintu byatumye abaturage babaha inkwenene.



