Abarimo Drogba na Eto’o bamaganye ibyo kugeragereza urukingo rwa COVID-19 ku Banyafurika

Abanyafurika barimo ibihangage muri ruhago nka Didier Drogba ukomoka muri Côté d’Ivoire na Samuel Eto’o ukomoka muri Cameroun, bamaganye icyifuzo cya bimwe mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi cy’uko urukingo rwa Virusi ya Corona rwageragerezwa ku Banyafurika.

Ni icyifuzo cyazanwe na Jean Paul Mira, umwarimu akaba n’umuyobozi w’ishami rishinzwe ubuvuzi mu bitaro bya Cochin by’i Paris mu Bufaransa, na Prof. Camille Locht, umuyobozi w’ubushakashatsi mu kigo cy’Ubufuransa gishinzwe ubuzima no gukora ubushakashatsi ku buvuzi (Inserm).

Ubwo aba bagabo bombi bari mu kiganiro cya Televiziyo ya LCI yo mu Bufaransa, bifuje ko urukingo rwa Virusi ya Corona rwazageragerezwa ku Banyafurika.

Amagambo yabo yasembuye abenshi mu batuye uyu mugabane bahita bihutira kubamagana.

Umunya-Cameroun Samuel Eto’o abinyujije kuri Twitter ye, yababwiye ko Afurika atari ikibuga cyabo. Ati “Afurika ntabwo ari ikibuga cyanyu.”

Mugenzi we, Didier Drogba wamamaye cyane muri Chelsea yo mu Bwongereza, we yabwiye Mira na Locht ko Afurika atari Laboratwari igomba kugeragerezwamo imiti.

Drogba yagize ati “Birenze ukwemera kuba dukomeza kwamagana ibi bintu. Afurika ntabwo ari laboratwari. Ndashaka kwamagana byimazeyo ayo magambo asuzugura, y’ibinyoma kandi ashingiye cyane ku ivangura rishingiye ku ruhu.”

Undi wamaganye bariya bagabo ni Umunya-Senegal, Demba Ba. Uyu mugabo abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yagize ati “Ikaze mu Burengerazuba bw’Isi, aho abazungu bumva ko ari ibitangaza cyane, ku buryo ivanguramoko no guca intege babigira rusange.”

Aba bakinnyi basanga kuba ruriya rukingo rwageragerezwa ku Banyafurika byaba ari agasuzuguro, bijyanye n’amateka mabi Afurika ifitanye n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi.

Babishingira kandi ku kuba Umugabane wa Afurika atari wo kiriya cyorezo cyoretse kurusha ibyo bihugu, ku buryo waba ari wo ugeragerezwaho urwo rukingo.

Mangingo aya mu barenga miliyoni imwe bamaze kwandura icyorezo cya Virusi ya Corona hirya no hino ku Isi, harimo abo ku mugabane wa Afurika 6,860; mu gihe abarenga 54,000 kimaze guhitana harimo abo muri Afurika 269 bonyine.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Abarimo Drogba na Eto’o bamaganye ibyo kugeragereza urukingo rwa COVID-19 ku Banyafurika
    Rwose ntabwo bikwiriyeko abanya frican dukomeza kwigirizwaho nkana.

    1. Abarimo Drogba na Eto’o bamaganye ibyo kugeragereza urukingo rwa COVID-19 ku Banyafurika
      Kbs harimo nurwanda bazaze babiduhe rwose kuko ntitwigenga kubitekerezo byacu

    2. Abarimo Drogba na Eto’o bamaganye ibyo kugeragereza urukingo rwa COVID-19 ku Banyafurika
      Kbs harimo nurwanda bazaze babiduhe rwose kuko ntitwigenga kubitekerezo byacu

  2. Abarimo Drogba na Eto’o bamaganye ibyo kugeragereza urukingo rwa COVID-19 ku Banyafurika
    Rwose ntabwo bikwiriyeko abanya frican dukomeza kwigirizwaho nkana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *