Abashinzwe umutekano muri Nigeria baravuga ko byibuze abasirikare umunani ba leta bishwe abandi 50 barakomereka ubwo intagondwa za kislamu za Boko Haram zagabaga igitero ku mutwe wa gisirikare muri Leta ya Borno.
Biravugwa ko aba barwanyi bahageze kuri moto no mu modoka z’imitamenwa muri icyo gitero cyabaye ku wa Mbere. Amakuru akomeza avuga ko inyeshyamba zinjije ingabo za leta mu mirwano iremereye cyane nk’uko Reuters ibitangaza.
Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 21 Mutarama 2026, igisirikare cyatangaje ko ingabo zashenye ibirindiro byinshi by’intagondwa muri Triangle ya Timbuktu kandi bihagarika ibitero byari biri gutegurwa hakoreshejwe ibiturika biteze mu modoka.
Igisirikare cyavuze ko ingabo zahagaritse imodoka imwe yari irimo ibiturika ariko iya kabiri ikarenga uburinzi bw’ingabo, igahitana abasirikare benshi ndetse n’abagize itsinda ry’abasivili bakorana n’igisirikare.




