Abasirikare batatu mu Ngabo z’u Rwanda ( RDF) bataramenyekana amazina bakekwaho guhohotera abaturage mu gace kitwa Bannyahe mu Mujyi wa Kigali bagiye kuburanishirizwa mu ruhame. Abaturage batuye Bannyahe bagiye babwira itangazamakuru ko aba basirikare bagiye babakubita gusa hakaba n’abavuga ko bafashe ku ngufu abagore n’abakobwa. Soma: https://bwiza.com/?RDF-yatangaje-ko-abasirikare-batatu-bakurikiranweho-ibyaha-bikomeye Lt. Col. Innocent Munyengango, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yavuze ko ibyaha baregwa bikomeye. Yavuze ko urubanza rwabo ruzaburanishirizwa mu mu ruhame aho icyaha cyakorewe kugira ngo bibere abandi urugero kandi abaturage bahumurizwe. Bwiza.com yashatse kuvugana na Lt. Col. Munyengango ku murongo wa telefoni ntibyakunda ndetse n’ubutumwa bugufi yamwandikiye ntiyari yakabusubije ubwo iyi nkuru yasohokaga. Yashakaga kumubaza niba abakekwaho ibyaha bari buburanishirizwe Bannyahe kuri uyu Gatanu tariki 3 Mata 2020. Uyu musirikare yari yatangarije ijwi rya Amerika ko ngo aba basirikare batatu nibahamwa n’ibyaha, bazahanwa uko bikwiye. Bwiza.com ikaza kubagezaho amakuru ku migendekere y’uru rubanza.
Related



