Abasirikare bakuru b’Uburusiya baganiriye ku kuntu n’igihe bakoresha intwaro kirimbuzi muri Ukraine

A?bakuru b’ingabo z’Uburusiya bo ku rwego rwo hejuru mu kwezi gushize baganiriye ku kuntu n’igihe bashobora gukoresha intwaro kirimbuzi ku rugamba muri Ukraine, nkuko abayobozi babiri bo muri Amerika babibwiye igitangazamakuru CBS News.

P?erezida Vladimir Putin yari ari muri ibyo biganiro, ni ko abo bayobozi babwiye CBS News ikorana na BBC muri Amerika

Muri aya mezi make ashize, i?biro bya Perezida w’Amerika – White House – byavuze ko bikomeje “kurushaho guhangayikishwa” nuko intwaro za nikleyeri zishobora gukoreshwa.

A?riko byashimangiye ko Amerika nta kimenyetso yabonye cyuko Uburusiya burimo kwitegura gukoresha izo ntwaro.

I?byo bihuye n’ibyo mbere amasesengura y’ubutasi yo mu burengerazuba (Uburayi n’Amerika) yavuze, ko Uburusiya butarimura intwaro kirimbuzi zabwo.

Dmitry Peskov, umuvugizi w’ibiro bya Perezida w’Uburusiya – Kremlin, yashinje uburengerazuba “gushyushya iyi ngingo ku bushake”, nubwo igihe ibyo biganiro byo ku rwego rwo hejuru byo hagati mu kwezi kwa cumi byabereye gifite icyo gisobanuye.
.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *