Umunyambanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Rtd. Col. Jeanot Ruhunga kuri uyu wa 28 Nyakanga 2020 yatangaje ko abanyamakuru batunga ‘micro’ Barafinda Fred Sekikubo bashobora gukurikiranwa.
Yabitangarije mu kiganiro urwego ayoboye ndetse n’urw’ubushinjacyaha zagiranye n’itangazamakuru kuri uwo munsi.
Rtd. Col. Ruhunga yemeje ko Barafinda afite uburwayi bwo mu mutwe azamarana igihe kirekire nk’uko byemejwe n’abaganga b’ibitaro bya Ndera byita ku barwayi bo mu mutwe.
Avuga ko abanyamakuru bagirana ibiganiro n’uyu mugabo baba bagamije gucuruza, ko kandi babikora bazi neza ko Barafinda afite iki kibazo, ngo: “Abo nta bumuntu bagira, ni abo kwamaganwa.”
Barafinda Fred utuye mu Murenge wa Kanombe w’Akarere ka Kicukiro yamenyekanye mu itangazamakuru tariki ya 12 Kamena 2017 ubwo yatangaga kandidatire y’abifuza kwiyamamariza amatora y’Umukuru w’Igihugu. Gusa yavuye ku rutonde kuko atari yujuje ibisabwa.
Barafinda waremye ishyaka rya R²UDA yashakaga kuyobora u Rwanda
Kuva icyo gihe ibitangazamakuru byaramwegereye, biganira na we ku bijyanye na gahunda ye ya politiki yakunze kugaragaza ko idasanzwe, na we akemeza ko ari inararibonye.
Hari aho byageze, agenda atangaza ko yarenganyijwe n’abayobozi aho atuye. Ni mu biganiro byatambutse ku rubuga rwa YouTube, rimwe avuga ko bamwimye amazi n’umuriro, ntiyamenya icyo bamuziza.
Umuhoza Marie Michelle wavugiraga RIB yatangarije bwiza.com muri Werurwe 2020 ko impamvu Barafinda yajyanwe i Ndera ari ibiganiro bye byari bimaze iminsi bitambuka kuri YouTube.
Rt. Col. Ruhunga yasobanuriye itangazamakuru ko ubugenzacyaha bwari gukurikirana Barafinda gusa barabiretse bitewe n’uko basanze afite uburwayi bwo mu mutwe.
Hagati muri uku kwezi, ni bwo byamenyekanye ko Barafinda yavuye mu bitaro bya Ndera. Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RIB yavuze ko icyakozwe ari ukugabanyiriza ubukana uburwayi bwa Barafinda, kuko butakira.
Nyuma y’aho Barafinda aviriye mu bitaro bya Ndera, ibitangazamakuru byaganiriye na we, avuga ko RIB yamujyanye kuri ibi bitaro ku mpamvu za politiki, yemeza ko nta burwayi yigeze agira.





2 Responses
Abatunga ‘micro’ Barafinda Fred bahawe gasopo
Nonese arwaye mumutwe hamwe numugore wiwe?
Abatunga ‘micro’ Barafinda Fred bahawe gasopo
Nonese arwaye mumutwe hamwe numugore wiwe?