hq720 (2)

Abawazalendo barigamba gufata imidugudu ku bufatanye na FDNB na FARDC

Sosiyete sivile muri Teritwari ya Kabare iravuga ko igitero cyagabwe n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zishyigikiwe n’Ingabo z’u Burundi (FDNB) n’inyeshyamba za Wazalendo.

Inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa MPDAC zivuga ko zigaruriye imidugudu ya Gongwa, Muravya, na Kanono mu misozi miremire ya Teritwari ya Uvira, nyuma yo guhangana n’inyeshyamba za AFC/M23.

Umuvugizi w’uyu mutwe, Youssouf Salumu Célestin yagize ati: “Ibi bikorwa byakozwe ku bufatanye bwa FARDC n’abafatanyabikorwa b’Abarundi. Ibintu bimeze neza, kandi turahamagarira abayobozi ba Wazalendo guhuza imbaraga kuri terrain.”

Muri Kivu y’Amajyaruguru, havuzwe kandi imirwano muri Teritwari ya Lubero, cyane cyane muri Sheferi ya Baswagha, hafi y’agace ka Bukendo-Lac, ndetse no ku misozi ya Iviri, Kirehe, na Mbara.

Umuyobozi wa Gurupoma ya Musundi avuga ko iyi mirwano hagati ya Wazalando na AFC / M23 yatumye abaturage benshi bava mu byabo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *