Abibasirwa cyane n’indwara y’ubushita bukomoka ku nkende ni abana bari munsi y’imyaka itanu-OMS

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS, ritangaza ko abenshi mu bandura indwara y’ubushita buturuka ku nkende ari abana bari munsi y’imyaka itanu, aho bagera kuri 39%, mu gihe abagera kuri 1/3 ni ukuvuga 62% by’abo ihitana ari abana.

Iyi ndwara ikaba ikomeje gukwirakwira mu bihugu byo mu Karere.

Ibi byatumye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, wasabye ibihugu binyamuryango kurinda abaturage babyo kuko bashobora kwibasirwa n’ikwirakwira ry’indwara y’Ubushita bw’Inkende, izwi nka Mpox (Monkeypox).

Ni itangazo EAC yasohoye kuri uyu wa Mbere tariki 29 Nyakanga 2024, nyuma y’aho Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima, OMS, ritangaje ko mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, RDC, hagaragaye iyi ndwara.

Kugeza ubu, u Burundi bumaze kwemeza ko bwabonye abarwayi batatu ba Mpox, aho bagaragaye mu Mujyi wa Bujumbura n’ahitwa Isare.

Ni mu gihe kuva mu 2022, RDC, imaze kubona abarenga 21,000 barwaye iyi ndwara y’Ubushita bw’Inkende, naho abarenga 1000 bo imaze kubahitana.

Muri icyo gihugu, umwaka ushize wa 2023, warangiye habonetse abarwayi 14,626 mu gihe abagera kuri 654 bahitanywe n’iyi ndwara y’Ubushita bw’Inkende.

Iyi mibare yatangajwe na OMS kandi igaragaza ko kuva muri Mutara kugeza muri Gicurasi 2024, muri RDC hari hamaze kugaragara abarenga 7,851 barwaye iyi ndwara mu gihe abo yahitanye bari 384.

U Burundi buhana imbibi na RDC, u Rwanda na Tanzania mu gihe RDC yo ihana imbibe n’ibihugu bitanu byo muri EAC birimo Tanzania, u Rwanda, u Burundi, Uganda na Sudan y’Epfo.

Umuyobozi Wungirije w’Ubunyamabanga bwa EAC ushinzwe ibikorwaremezo na politiki, Andrea Aguer Ariik Malueth, yagaragaje ko ari ingenzi ko ibihugu binyamuryango bishyiraho ingamba zo gukumira ikwirakwira rya Mpox.

Muri iri tangazo yagize ati “Ibihugu binyamuryango bya EAC bigomba gutanga amakuru y’ingenzi kuri iki cyorezo bikanafata ingamba z’ubwirinzi.”

Iyi ndwara yandura cyane binyuze mu gukora ku muntu uyirwaye cyangwa amatembabuzi y’urwaye. Ishobora kwandura kandi mu buryo bw’imibonano mpuzabitsina, gusomana, cyangwa gusuhuzanya n’ufite ubwo burwayi.

Ibimenyetso byayo ni ukugira ibiheri ku mubiri biryaryata bikunze gufata imyanya ndangagitsina, mu maso, mu biganza no mu maguru. Ibindi bimenyetso ni kugira umuriro, kubabara umutwe, kuribwa mu ngingo no kugira amasazi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *