21-photo_9-2e93c

Ab’i Goma baburiwe ku bibasu bihandagaye

Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (CICR), yatanze impuruza ku bisasu byinshi byandagaye mu bice bitandukanye by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Inzobere mu bijyanye no gukurikirana ingaruka intwaro zishobora kugira ku baturage begereye uduce zirimo muri CICR, Destin Nalanda, yavuze ko ibice bimwe byo mu mujyi wa Goma biri mu byandagayemo ibiturika byinshi.

Nalanda yasobanuye ko ibi bisasu bikomoka ku mirwano yabaye mu ntangiriro z’uyu mwaka yasize umutwe wa M23 wigaruriye Goma, nyuma yo kuyirukanamo ihuriro ry’Ingabo za Leta ya RDC.

Iyi nzobere ivuga ko hagati ya Mutarama na Werurwe uyu mwaka, abantu barenga 300 bakomerekejwe n’ibisasu impande zari zihanganye zataye ku gasozi.

Ivuga ko bariya bantu bari mu barenga 1,000 bakomerekejwe n’intwaro bavuriwe mu bitaro bya CBCA Ndosho muri kiriya gihe.

CICR yaburiye abatuye mu burasirazuba bwa RDC ibasaba kuba maso, no kwirinda gupfa gukora ku byo batazi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *