IMG_20221111_204605_1200_x_675_pixel

AFC/M23 ikomeje guhangana na Sukhoi na drones za Kinshasa muri Kivu zombi

Ihuriro ry’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatanu ryakomeje kugaba ibitero mu bice bitandukanye bigezurwa na AFC/M23 mu ntara za Kivu zombi nyuma y’iminsi y’imirwano ikaze muri Teritwari ya Uvira.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko “Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 5 Ukuboza 2025, ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa zakomeje ibitero simusiga ku turere dutuwe cyane two mu majyaruguru ya Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo, zikoresheje indege z’intambara, drones, n’imbunda zirasa mu ntera ndende.

AFC/M23 ikomeza ivuga ko kwiyongera k’urugomo kutemewe bikomeje kubiba iterabwoba mu baturage, akaba ari ngombwa cyane kumenya ko umubare w’agateganyo w’abahitanwa ukomeje kwiyongera: “ingo nyinshi zarasenyutse, kandi abagore n’abana bahasize ubuzima mu buryo bubabaje”.

Byongeye kandi, ibisasu bibiri byaturutse ku butaka bw’u Burundi byaguye mu gace ka Rubumba mu mujyi wa Kamanyola byica abantu bane abandi babiri barakomereka bikabije.

Urutonde rw’abahohotewe: 1. Emmanuel Barebwa, imyaka 37, agace ka Rubumba (yakomeretse) 2. Ivone Fulwa, imyaka 25, agace ka Rubumba (yapfuye) 3. Adeline Barebwa, imyaka 3, agace ka Rubumba (yapfuye) 4. Richelie Barebwa, imyaka 11, agace ka Rubumba (yapfuye) 5. Sifa M’Buhendwa, imyaka 32, nyina wa Cikuru Lutwamungu, agace ka Rubumba (yakomeretse) 6. Cikuru Lutwamungu, agace ka Rubumba (yapfuye).

Iyi mirwano iravugwa nyuma y’amasaha macye Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’u Rwanda bishyize umukono ku masezerano impande zombi zizera ko azashyira iherezo ku makimbirane amaze imyaka isaga 30 mu burasirazuba bwa Congo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *