FB_IMG_1751809796692-750x375

AFC/M23 Yamaganye ubwicanyi bwakorewe abasivile muri Ituri

Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo,  AFC/M23 ryamaganye ryivuye inyuma ubwicanyi bwakorewe abaturage b’ abasivili, bukozwe n’umutwe wa ADF mu ntara ya Ituri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ubu bwicanyi bwabaye mu ijoro ryo kuwa gatandatu rishyira ejo cyumweru tariki ya 27/07/2025, bukorerwa muri kiliziya gatolika iherereye muri Teritware ya Irimu mu ntara ya Ituri ubwo aba baturage bari mu masengesho ya nijoro.

Amakuru avuga ko hishwe abasivili bagera kuri 47 barimo n’ abana batandatu bicishijwe intwaro gakondo ndetse n’abandi bafatwa bugwate barahohoterwa bikabije.

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu butumwa yatanze akabunyuza ku rukuta rwa X, yagize ati: “AFC/M23 yamaganye ubwicanyi bwakorewe abaturage 47, bwakozwe na ADF/Nalu kuri iki cyumweru.”

Yongeye ati: “Ubushobozi buke bw’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu kurinda abasivili buratuma AFC/M23 igomba kugarura ubutegetsi bushoboye kurinda abaturage babwo mu bice byose by’iki gihugu.”

Ni mu gihe umuvugizi wa AFC/M23, Dr. Oscar Barinda nawe aherutse kubwira itangazamakuru ko igihugu kiigabijwe n’imitwe itandukanye y’ iterabwoba ikomeje kubangamira umutekano w’ abaturage muri DRC ku buryo hamwe na Leta itakihakandagira.

Ati: “Hari ibibazo byinshi muri RDC, hari uduce twinshi twigaruriwe n’abantu bari hariya hafi ya Kinshasa, mu ntara ya Mai-Ndombe, hari aba CODECO na ADF bigaruriye Ituri hariya hantu Leta ntihagera, na ho twebwe aha twagaruye amahoro, tugarura umutekano, turi kuzana n’iterambere ku baturage”.

Ni ubwicanyi kandi bwamaganwe n’umuryango w’Abibumbye, ubinyujije mu ntumwa yayo yihariye iyoboye ingabo za Monusco muri RDC, Vivian Van de Perre, wagize ati: “Ibi bitero byibasira abasivili batagira kivugira, by’umwihariko bikorerwa aho abantu basengera, ni ukwigomeka kandi bihonyora uburenganzira bwa muntu n’uburenganzira mpuzamahanga bw’ikiremwamuntu.”

Uyu muyobozi wa gateganyo wa MONUSCO, yanavuze ko kubufatanye n’ubutegetsi bwa Congo bagiye gukaza umurego mu kurinda abaturage bakomeza kwicwa umusubirizo n’ imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bwa Congo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *