fataki_fc_01_august_2025_0

AFC/M23 yasabye MONUSCO kureka uburyarya bwayo 

Umutwe wa AFC/M23 wasabye ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kureka uburyarya, nyuma yo kwigira nyoni nyinshi ku gitero cya drone ingabo za Leta ya Congo Kinshasa ziheruka kugaba mu mujyi wa Masisi.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo FARDC yagabye icyo gitero ikoresheje drone z’intambara, icyiciramo abaturage abandi benshi barakomereka.

MONUSCO ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko yamaganye “igitero icyo ari cyo cyose gikoreshejwe za drone cyibasira kikanagira ingaruka ku basivile no ku bikorwa remezo by’abasivile.”

MONUSCO kandi yasabye ko hakorwa iperereza ryigenga kugira ngo uri inyuma ya kiriya gitero amenyekane.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yasabye MONUSCO guhagarika uburyarya kuko izi neza ko biriya bitero byagabwe na FARDC basanzwe bakorana.

Ati: “MONUSCO igomba guhagarika uburyarya bwayo. Bizwi na bose ko igice kinini cy’ibitero bigabwa na drone z’ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa bishoboka bitewe n’ubutasi bwa MONUSCO.”

AFC/M23 yavuze ko guceceka kwa buriya butumwa no kutagira icyo bukora ku byaha bikorwa n’ingabo za Leta ya RDC bituma buba “umufatanyacyaha wa Politiki.”

Uyu mutwe wamenyesheje MONUSCO ko “igomba kugaragaza ku mugaragaro ubutegetsi bwa Kinshasa nk’ubufite inshingano z’iyicwa ry’abasivili i Masisi-Centre n’ahandi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi yamaganire kure nta gushidikanya, ukurenga ku gahenge gukomeje gukorwa n’ubu butegetsi.”

AFC/M23 yavuze ko ishyira mu gatebo kamwe MONUSCO n’ubutegetsi bwa Kinshasa, ahanini bitewe n’ubufatanye bwayo mu bikorwa by’ihuriro ry’ingabo za Leta, kuva hatangira ibikorwa bihuriweho kugeza ku cyiswe ‘Operasiyo Springbok.’

Kuri ubu imibare itangwa na AFC/M23 ivuga ko abantu baguye mu bitero byo mu mujyi wa Masisi bamaze kugera kuri 10, mu gihe abakomeretse barenga 50.

Iri huriro ryaboneyeho gusaba Umuryango Mpuzamahanga n’Isi muri rusange “kuba abahamya b’ubwicanyi ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gukorera abasivili bo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo”, ishimangira ko igihe kigeze ngo Isi ireke gukomeza kuburenza ingohe.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *