20251209_222217

AFC/M23 yigaruriye Umujyi wa Uvira 

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Ukuboza zinjiye mu mujyi wa Uvira.

AFC/M23 yinjiye muri uriya mujyi wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kwirukana ihuriro ry’Ingabo za Leta ya RDC mu duce twose tuwukikije.

Ubuyobozi bw’uriya mutwe mu kiganiro bwahaye itangazamakuru ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, bwari bwateguje ko Uvira igomba gufatwa mu rwego rwo gushyira iherezo ku bitero ingabo za Leta ya Kinshasa zimaze igihe zigaba ku baturage.

Kuri ubu amakuru avuga ko nyuma yo kugera muri Uvira, AFC/M23 yahise itangira kugenzura umupaka wa Kavimvira uhuza u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

M23 yinjiye muri Uvira mu gihe abasirikare benshi ba Leta ya RDC bari bari muri uriya mujyi kuri uyu wa Kabiri bamaze kuwuvamo bagahungira mu mujyi wa Kalemie bakoresheje ubwato.

Amakuru kandi avuga ko Ingabo z’u Burundi zabaga muri uyu mujyi zamaze gucyurwa, dore ko bivugwa ko iki gihugu kimaze gucyura Brigade ziri hagati y’enye n’esheshatu y’Ingabo cyari gifite muri Congo Kinshasa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Ahuuuuu,Ahuuuu,yari yaratinze ariko inkono ihira igihe. munsuhurize Sebarundi. ngaho najye mu Kirundo. numva ahubwo m23 yaxagera aho ikanzu galata ahantu hamwe ikahacungira umutekano,ikahateza imbere igasaba igihugu cyayo kihariye,mbese ikikukira. courage m23.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *