Indwara y’ubushita bw’inkende(Mpox), ikomeje kuba ikibazo gikomeye, ku buryo umuvuduko iriho ukomeje gutera impungenge Afurika. Ibi bituma hakenerwa inkingo nibura zirenga ibihumbi 10 zo kuyirwanya.
Bigaragazwa n’ikigo Nyafurika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (Africa CDC) aho , cyatangaje ko icyorezo cy’ubushita bw’inkende kigeze aho gifatwa nk’ikibazo gikomereye umugabane.
Ni nyuma y’uko gikwirakwiriye muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo no mu bihugu bituranye nayo.
Ikigo Africa CDC cyari cyateguje mu cyumweru gishize, kivuga ko umuvuduko iyo ndwara irimo gukwirakwiraho uteye ubwoba.
Umuyobozi mukuru wa CDC, Jean Kaseya, mu kiganiro yatanze ku rubuga rwa Zoom kuri Uyu wa Kabiri, yavuze ko kugeza uyu munsi iki cyorezo ari ikibazo cyihutirwa cy’ubuzima rusange ku mutekano w’umugabane.
Muri iyi nama, Kaseya yavuze ko umugabane w’Afurika, ukeneye doze zirenga miliyoni 10 z’urukingo, ariko ko hari doze zigera mu bihumbi 200 gusa.
Yasezeranije ko Afurika CDC izakora ibishoboka byose kandi vuba, kugirango yongere izo doze kuri uyu mugabane.
Yongeyeho ati: “Dufite gahunda isobanutse yo kubona doze zirenga miliyoni 10 muri Afurika, duhereye kuri dose miliyoni 3 muri uyu mwaka wa 2024”. Cyakora ntiyavuze uburyo zizabonekamo.



