Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko amakipe atatu akomeye yo muri Sudani yemerewe kuzakina Shampiyona y’u Rwanda y’umwaka wa 2025–2026.
Amakipe yemerewe ni: Al Merrikh S.C, Al Hilal S.C na El Ahli SC Wad Medani zose zo muri Sudani y’Epfo.
FERWAFA ivuga ko iki cyemezo kigamije guteza imbere ubufatanye mu karere, kongera urwego rw’amarushanwa no gufasha umupira w’amaguru gukura binyuze mu mikoranire mpuzamahanga.
Iri tangazo rivuga kandi ko iri shyirahamwe riri gukorana n’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) kugira ngo haboneke uburenganzira bwo gutegura neza uburyo aya makipe azitabira shampiyona.
Amakuru arambuye ku bijyanye n’ingengabihe nshya y’imikino, imikino izahuza amakipe ndetse n’amategeko mashya y’itangwa ry’uburenganzira bwo gukina, azatangazwa mu minsi iri imbere n’ubuyobozi bwa Shampiyona y’u Rwanda.
FERWAFA ishimangira ko iyi ari intambwe ikomeye mu guhuza akarere no guteza imbere umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga. 




