20260114_195523

Amerika igiye guhagarika gutanga viza ku barimo Abanyarwanda

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zigiye guhagarika by’agateganyo gutunganya visa ku baturage b’ibihugu 75 byo hirya no hino ku Isi, birimo n’u Rwanda.

Iyi gahunda yatangajwe n’abayobozi bo muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika, mbere y’amezi abarirwa muri atanu ngo iki gihugu cyakire Igikombe cy’Isi cy’umupira w’amaguru cya 2026.

Televiziyo ya FOX News ivuga ko guhera ku wa 21 Mutarama 2026 ari bwo Amerika izatangira kureka gutanga viza, ndetse ko iyi gahunda izamara igihe kitazwi mu gihe hakomeje gusuzumwa uburyo visa zitangwa.

Iki cyemezo ngo gishingiye ku nyandiko y’imbere muri Leta yasabye abashinzwe visa kwanga ubusabe hashingiwe ku mategeko asanzwe, hagamijwe gukaza igenzura ku bantu bashobora kuzinjira ku butaka bwa Amerika ku ikofi ya kiriya gihugu.

Fox News inagaragaza ko iki cyemezo gifitanye isano n’igenzura rikomeye ku buriganya bw’uko viza zimaze igihe zitangwa, harimo n’iperereza ryabereye muri Leta ya Minnesota, kandi ko ubusonerwe buzaba bucye mu gihe hategurwa uburyo bushya bwo gutunganya visa.

Kuri ubu usibye u Rwanda, ibindi bihugu abaturage babyo bagomba kugirwaho ingaruka na kiriya cyemezo birimo Afghanistan, Albanie, Algerie, Antigua and Barbuda, Armenie, Azerbaijan, Bahamas, Bangladesh, Barbados, Belarus, Belize, Bhutan, Bosnia, Brésil, Burma, Cambodge, Caméroun, Cap-Vert, Colombie, Côte d’Ivoire, Cuba, na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Dominica, Misiri, Eritrea, Ethiopie, Fiji, Gambie, Georgie, Ghana, Grenada, Guatemala, Guinée, Haiti na Iran.

Birimo kandi Iraq, Jamaica, Jordan, Kazakhstan, Kosovo, Kuwait, Kyrgyzstan, Laos, Leban, Liberia, Libya, Macedoine, Moldova, Mongolia, Montenegro, Maroc, Nepal, Nicaragua, Nigeria, Pakistan, Congo-Brazzaville, u Burusiya, Saint Kitts & Nevis, Saint Lucia, Saint Vincent & the Grenadines, Sénégal, Sierra Léone, Somalia, Sudani y’Epfo, Sudani, Syrie, Tanzanie, Thailand, Togo, Tunisie, Uganda, Uruguay, Uzbekistan na Yemen.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *