Leta Zunze Ubumwe za Amerika biravugwa ko ziri guteganya gukuraho ibihano zafatiye abayobozi b’umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko nta gihindutse Washington izakuraho biriya bihano mu minsi iri imbere.
Amerika imaze igihe yarafatiye ibihano abayobozi ba AFC/M23 ibashinja kugira uruhare mu guteza umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC. Ni ibihano byiganjemo gufatira imitungo bashobora kuba bafite muri Amerika no kutemererwa gukandagira ku butaka bw’icyo gihugu.
Abahagiye bahanwa kuva muri 2012 barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo za M23 zizwi nka ARC, Gen. Sultani Makenga, umuhuzabikorwa w’ihuriro Alliance Fleuve Congo, Corneille Nangaa, Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa n’umuvugizi wayo mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka.
Barimo kandi umuvugizi wa gisirikare, Lt. Col. Willy Ngoma, Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za ARC, Brig. Gen. Bernard Maheshe Byamungu na Brig. Gen Bouduin Ngaruye.
Amerika biravugwa ko igiye gukuraho ibihano yabafatiye, mu gihe M23 na Leta ya RDC bakomeje ibiganiro biri kubera i Doha muri Qatar, mu rwego rwo guhagarika intambara no gusinyana amasezerano y’amahoro.
Ni ibiganiro Amerika imaze igihe ikurikiranira hafi nyuma yo kuyobora ibyo RDC n’u Rwanda rushinjwa gufasha M23 basinyaniyemo amasezerano y’amahoro, ndetse bivugwa ko Washington imaze igihe yotsa igitutu impande ziri mu biganiro i Doha ngo zigere ku bwumvinake vuba bishoboka.




