G8WfIbaXsAIHoQe

Amerika yiteguye gufata ingamba amasezerano hagati ya RDC n’u Rwanda akubahirizwa

Kuri uyu wa Kabiri Umunyamabanga wa Leta wungirije wa Amerika, Christopher Landau, yabonanye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), Thérèse Kayikwamba Wagner i Washington, DC, aho baganiriye ku mahirwe yo gukorera hamwe mu gihe DRC yitegura gufata umwanya mu Kanama gashinzwe Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye. 

Baganiriye kandi ku ntambara yo mu burasirazuba bwa DRC mu gihe M23 iherutse gutera imbere.  Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ibiro by’Umuvugizi rivuga ko “Umunyamabanga wungirije yagaragaje ko Amerika yiteze ko amasezerano ya Washington yubahirizwa kandi agashyirwa mu bikorwa byimazeyo kandi ko yiteguye gufata ingamba kugirango masezerano yubahirizwe”.

Iri tangazo rigufi rikomeza rigira riti: “Bumvikanye ku bushobozi bunini bw’ishoramari ry’abikorera kugira ngo bashimangire amahoro n’umutekano mu karere kandi bigirire akamaro impande zose”.

Abumva Icyongereza basoma iryo tangazo hano hasi

https://www.state.gov/releases/office-of-the-spokesperson/2025/12/deputy-secretary-landaus-meeting-with-drc-foreign-minister-kayikwamba-wagner

Ku wa Mbere no ku wa Kabiri, itariki 15 na 16 Ukuboza 2025, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Thérèse Kayikwamba Wagner, yagiranye inama zitandukanye zo mu rwego rwo hejuru n’abagize ubuyobozi bwa Trump n’Inteko Ishinga Amategeko i Washington, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Muri izo nama, yabwiye abo bantu ko umutekano wifashe nabi mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kandi byatewe n’iterambere rya M23 riherutse, avuga ko yafashijwe n’Ingabo z’u Rwanda, bavana mu byabo abantu barenga 500.000.

Yakomeje ashinja u Rwanda kurenga ku masezerano y’i Washington no kudatanga ikizere ku mugambi w’amahoro wa Perezida Trump. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Congo ivuga ko minisitiri yishimiye amagambo yavuzwe n’Umunyamabanga wa Leta wungirije Christopher Landau, wagaragaje ko Amerika yiteguye gufata ingamba kugira ngo hubahirizwe byimazeyo ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’i Washington.

Minisitiri Kayikwamba kandi yagiranye ibiganiro byimbitse na Dan Dunham, Umuyobozi ushinzwe Afurika mu Kanama k’Igihugu gashinzwe Umutekano (NSC); Rudolph Atallah, Umuyobozi wungirije ushinzwe kurwanya iterabwoba muri NSC; Umudepite, Chris Smith, Perezida wa Komite y’Inteko ishinzwe ibibazo bya Afurika; na John Tomaszewski, Umujyanama mukuru muri komite ishinzwe ububanyi n’amahanga muri Sena. Muri nama zitandukanye, Kayikwamba yagaragaje ko yishimira umuhate wa Amerika mu kugarura ubusugire bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Impande zombi zagiranye amasezerano ni Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Repubulika y’u Rwanda kandi buri ruhande hari ibyo rwasabwe kubahiriza muri ayo masezerano. Ikibazo umuntu yakwibaza, ese ubutegetsi bwa Kinshasa bwiteguye gushyira mu bikorwa ibyo busabwa, nko gusenya FDLR, ko nta na rimwe bwigeze bwubahiriza ibyo bwemeye na mbere hose?! Ni ukubitega amaso.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *