
Iki gihugu cya Angola, kimwe mu binacukura peteroli muri Afurika, cyazamuye igiciro cya mazutu ho kimwe cya gatatu muri uku kwezi mu rwego rw’umugambi wa guverinoma umaze igihe kirekire wo kugabanya nkunganire itanga ndetse no kuzamura imari ya Leta.

Amashyirahamwe y’abatwara Taxi Minibus na yo byabaye ngombwa ko azamura ibiciro kugera kuri 50% kandi batangira imyigaragambyo y’iminsi itatu guhera ku wa Mbere.
Ikinyamakuru Novo Jornal cyatangaje ku rubuga rwacyo ko byibuze abantu batatu baguye mu myigaragambyo, barimo n’umupolisi.

Novo Jornal yavuze ko abapolisi bakoresheje ibyuka biryana mu maso na grenade z’umwotsi, ndetse banarasa mu kirere kugira ngo bagerageze kugarura ituze. Polisi mu itangazo ryayo yavuze ko amaduka yo mu murwa mukuru Luanda yasahuwe.
Iri tangazo rivuga kandi ko abapolisi bataye muri yombi abantu ariko ntibatanga umubare.





